Abantu bari bavuye mu bukwe gusaba bakoreye impanuka ahitwa Chekwatit, muri Kaserem ku muhanda wa Kapchorwa-Mbale abagera kuri 13 barapfa.
Toyata Hiace bari barimo yataye icyerekezo irenga umuhanda yiburindura inshuro nyinshi.
Yishe bamwe mu bari bari mu modoka ariko ihitana n’abantu bagendaga hafi aho, ikaba impanuka yabaye ku wa Gatandatu ahagana saa tatu z’ijoro.
Umwe mu babibonye yabwiye The Monitor ati: “ Abantu umunani bahise bahasiga ubuzima, naho abandi batanu bapfira kwa muganga ku bitaro byitwa Mbale Regional Referral Hospital”.
Abo imodoka yagwiriye babanje kujyanwa kwa muganga hafi aho, nyuma boherezwa kwa muganga ku bitaro bya Mbale ngo bagobokwe, ariko biranga ubuzima burabacika.
Imodoka yavaga Kapchorwa igana Busia.
Polisi ivuga ko minibus abo bantu barimo bari bayuzuye cyane kandi ko bishoboka ko yari iri ku muvuduko munini.
Umuvugizi wa Polisi ahitwa Sipi witwa Fredmark Chesang yavuze ko hagikorwa iperereza ngo harebwe niba iriya mpanuka itaba yatewe nanone no gucika kwa feri.
Abakoze iyi mpanuka ni abo mu bwoko bw’Abakwala basanzwe batuye ahitwa Magomba muri Busia bari bavuye gusaba umukobwa w’ahitwa Kapchorwa.
Busia ni agace gaherereye mu Burasirazuba bwa Uganda, hagaturana na Kenya.