Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2025 1:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyi mpanuka yahitanye abantu bari bavuye mu bukwe.
SHARE

Abantu bari bavuye mu bukwe gusaba bakoreye impanuka ahitwa Chekwatit, muri Kaserem ku muhanda wa Kapchorwa-Mbale abagera kuri 13 barapfa.

Toyata Hiace bari barimo yataye icyerekezo irenga umuhanda yiburindura inshuro nyinshi.

Yishe bamwe mu bari bari mu modoka ariko ihitana n’abantu bagendaga hafi aho, ikaba impanuka yabaye ku wa Gatandatu ahagana saa tatu z’ijoro.

Umwe mu babibonye yabwiye The Monitor ati: “ Abantu umunani bahise bahasiga ubuzima, naho abandi batanu bapfira kwa muganga ku bitaro byitwa Mbale Regional Referral Hospital”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abo imodoka yagwiriye babanje kujyanwa kwa muganga hafi aho, nyuma boherezwa kwa muganga ku bitaro bya Mbale ngo bagobokwe, ariko biranga ubuzima burabacika.

Imodoka yavaga Kapchorwa igana Busia.

Polisi ivuga ko minibus abo bantu barimo bari bayuzuye cyane kandi ko bishoboka ko yari iri ku muvuduko munini.

Umuvugizi wa Polisi ahitwa Sipi witwa Fredmark Chesang yavuze ko hagikorwa iperereza ngo harebwe niba iriya mpanuka itaba yatewe nanone no gucika kwa feri.

Abakoze iyi mpanuka ni abo mu bwoko bw’Abakwala basanzwe batuye ahitwa Magomba muri Busia bari bavuye gusaba umukobwa w’ahitwa Kapchorwa.
Busia ni agace gaherereye mu Burasirazuba bwa Uganda, hagaturana na Kenya.

- Advertisement -
TAGGED:ImpanukaUbukweUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti
Next Article Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Kwigwa Uko Ibiganiro Bya EAC Byahuzwa N’Ibya SADC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Joe Biden Arembejwe Na Cancer Ifata Ubugabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Umukecuru Warokotse Jenoside Yishwe Atemwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Aratangira Inshingano Ze Ku Mugaragaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?