Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Abanyamakuru Bikomye Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Abanyamakuru Bikomye Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2023 12:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ihuriro ry’abanditsi bo muri Uganda ryitwa Uganda Editors Guild rirasaba Polisi  korohera  abanyamakuru mu kazi kabo birinda babangamira mu kazi.

Bavuga ko bibabaje kuba imvugo y’ubuyobozi bwa Polisi itajyanirana n’ingiro.

Umunyamabanga w’Ihuriro ry’abanditsi bo muri Uganda witwa Sylvia Nankya avuga ko abapolisi bagombye kumenya ko akazi kabo gafitiye abaturage akamaro ariko ko n’akazi k’abanyamakuru nako ari uko!

Nankya avuga ko akazi k’abanyamakuru ari uguha abaturage amakuru atangiwe ku gihe kandi atabogamye.

Avuga ko guha abaturage amakuru bituma bamenya ibikorerwa mu gihugu cyabo kandi abayobozi bavugwaho gukora nabi bakabibazwa.

Nta gihe kinini gishize, abanyamakuru babiri bo muri Uganda bahohotewe.

Bombi bakorera radio yitwa Next Radio abo bakaba ari bo Isano Francis na Thomas Kitimbo batewe mu maso ibyuka biryana mu maso kandi bari mu kazi.

Ubusanzwe ibi byuka biterwa abigaragambya mu rwego rwo kwirinda ko bakomeza kwangiza ariko ntibyemewe ko biterwa abanyamakuru bari mu kazi.

Hari undi munyamakuru witwa David Awori wo mu kigo kitwa Nation Media Group uherutse gukubitwa n’abasirikare ubwo yari arimo gufata amakuru y’abasirikare barwanaga n’abaturage bivugwa ko bacuruzaga magendu.

Abayobozi bavugira itangazamakuru ryo muri Uganda bavuga ko Polisi y’iki gihugu yagombye kumenya ko akazi k’abanyamakuru ari ingirakamaro ku gihugu icyo ari cyo cyose kigendera ku mahame ya Demukarasi.

Ku ruhande rwa Polisi ya Uganda, yo iherutse kwandika ‘yisegura’ k’ukuba hari umupolisi wateye ibyuka biryana mu maso y’umunyamakuru.

Icyakora izo mbabazi, abanditsi bakuru mu itangazamakuru rya Uganda bazifashe nk’aho ari iza nyirarureshwa.

TAGGED:AbanditsifeaturedItangazamakuruPolisiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani: Intumwa Z’Amerika Zagabweho Igitero
Next Article APR FC Irashaka Kwereka Umuryango Abakinnyi B’Ingwizamurongo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?