Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Ebola Yishe Umuganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Ebola Yishe Umuganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2022 2:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima muri Uganda yatangaje ko umuganga witaga ku barwayi ba ebola witwa Dr. Mohammed Ali yamuhitanye. Yari akiri muto kuko yari afite imyaka  37 y’amavuko.

Uyu muganga ukomoka muri Tanzania yapfuye kuri uyu wa Gatandatu mu masaha ashyira saa kumi z’umugoroba.

Minisiteri w’ubuzima muri Uganda witwa Dr. Aceng yatangaje ko uriya muganga yazize Ebola yanduriye mu kazi yakoraga nka muganga.

Ubutumwa bubika Dr Ali bwacishijwe kuri Twitter.

Yari arwariye mu bitaro byitwa Fort Portal RRH, aho yari ari mu muhezo kuko n’ubundi abantu banduye Ebola bavurirwa ahantu habo gusa.

Ni ubwa mbere iriya ndwara ihitanye umuganga kuva yongera kwaduka muri Uganda mu minsi micye ishize.

Kugeza ubu ariko, hari abandi bantu bakora mu rwego rw’ubuzima bandiye iriya ndwara iri mu zandura vuba kandi zica.

Perezida Museveni aherutse kugeza ku baturage be uko ubuzima bw’igihugu buhagaze ariko yirinda kuvuga ko Ebola imaze kuba ikibazo k’uburyo hari uduce twashyirwa mu kato.

Yatangaje ko iriya ndwara itaraba icyorezo k’uburyo hari ibice by’igihugu byashyirwa mu kato hirindwa ko hari abakwanduza abandi.

Kenya iherutse gutangaza ko hari ibice byayo bikwiye kwirinda kujya muri Uganda ariko nayo ntiyabishyize mu kato.

Abaturage ba Uganda kandi babujijwe gusomana uko babonye kuko bishobora kubanduza Ebola.

Let’s just stop kissing anyhow #FightEbola #AntiBolas pic.twitter.com/P5lVseoT6E

— Dr. Ash (@kashisboss) September 30, 2022

TAGGED:EbolafeaturedUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Canal + Rwanda Yatangaje Ku Mugaragaro Imikorere Ya Zacu TV Iherutse Kugura
Next Article Kuba Rwanda Rwarabohowe Byatumye Umuziki Wacu Ujya Mu Ruhando Rw’Isi- Masamba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?