Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Uganda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 November 2024 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Croix Rouge ya Uganda iri gutabara abagihumeka( Ifoto: Reuters)
SHARE
Abantu 15 nibo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’amazi y’imvura yaguye mu minsi ishize, abandi 100 ubu baburiwe irengero. Inkangu ukomeye yahitanye abo bantu bari basanzwe batuye muri disitirigiti ya Bulambuli mu bilometero 300 uvuye mu murwa mukuru, Kampala.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko inzu nyinshi zahiritswe nayo imivu ikomeye yamanukaga ku misozi, izindi zirundumukana n’inkangu zatewe n’amazi hirya no hino muri kariya gace.
Ku wa Gatatu nibwo iki cyiza cyateye muri Uganda, ubuyobozi bwo mu gace kibasiwe bukemeza ko hari abantu benshi bashobora kuba barahitanywe nacyo kuko hari abataraboneka mu bahoze bagize imiryango imwe n’imwe.
Al Jazeera yemeza ko inzu zimaze kubarurwa ko zasenyutse burundu ari 40, aya akaba ari amakuru yatangajwe na Croix Rouge yo muri iki gihugu.
Hari inzu zitasenyutse ariko zangiritse bigaragara.
Umuvugizi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe witwa Charles Odongtho yatangaje ko hari impungenge z’uko hari abantu bahuye n’akaga bakaba bataraboneka, ariko akemeza ko ibikorwa byo gutabara abagihumeka bigikomeje.
Odongtho avuga ko hari ibiraro byasenyutse ku rwego rukomeye k’uburyo kubisana bizasaba izindi mbaraga.
Polisi ya Uganda ivuga ko hari abantu 113 bataraboneka, ikemeza ko kubageraho bigoye kuko imihanda yo muri kariya gace yangiritse bikomeye.
Imbangukiragutabara ntiziri kubona aho zica ngo zijye kuzana abahuye n’akaga kandi n’imfashanyo ya Croix Rouge nayo ntiri kugera ku bayikeneye mu buryo bworoshye.
Nk’uko bimeze mu Rwanda, muri Uganda naho hamaze iminsi hari imvura nyinshi yatangiye mu Ukwakira, ikaba igikomeje kugwa.
Yateje imyuzure n’inkangu mu bice by’iki gihugu kandi iyaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri muri iki Cyumweru yatumye amazi y’uruzi rwa Nili ruca muru Uganda azamuka cyane ateza imyuzure mu mirima ituranye n’aho ica.
Amazi ry’uru ruzi yarenze inkombe ku buryo yageze mu bice bimwe na bimwe bya Kampala.
Umuhanda wangijwe n’ayo mazi ni uhuza Kampala n’ibice by’Amajyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Uganda.
Ni amakuru atangwa n’Ikigo cya Uganda gishinzwe iby’imihanda kitwa Uganda National Roads Authority  ndetse na Polisi y’iki gihugu irabyemeza.
Abahanga bavuga ko imwe mu mpamvu ituma Uganda yibasirwa n’ibiza bikayishegesha ni uko amashyamba yatemwe ku bwinshi bituma impinga zayo zisigara ari agasi.
Ibyo bitera inkangu n’imyuzure ikomeye iteza ibibazo mu baturage.
Ibyago Uganda ifite muri iki gihe yigeze guhura nabyo mu mwaka wa 2010 ubwo inkangu n’izindi ngaruka ziterwa n’imvura nyinshi zahitanaga abantu 80.
TAGGED:featuredImvuraInkanguKampalaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rulindo: Abantu Batatu Bishwe N’Ikirombe Cyabagwiriye
Next Article Ambasaderi Wa Israel Afitiye Ubutumwa Abanyarwandakazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?