Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Irashaka Gutora Itegeko Rihana ‘Bidasubirwaho’ Abatinganyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Irashaka Gutora Itegeko Rihana ‘Bidasubirwaho’ Abatinganyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2023 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Caption here (Apophia Agiresaasi, GPJ Uganda)
SHARE

Inteko ishinga amategeko ya Uganda irashaka gutora itegeko rihana mu buryo budasubirwaho abatinganyi kubera ko ngo ubutinganyi bwugarije umuryango mugari w’abaturage b’iki gihugu.

Muri Uganda hari gutekerezwa itegeko rizahanisha abakora ubutinganya gufungwa imyaka myinshi.

Iri tegeko rizagira akamaro niritorwa n’Inteko ishinga amategeko ya Uganda ariko rigasinywa na Perezida wa Yoweli Museveni.

Umushinga w’Itegeko rihana abakora ubutinganyi muri Uganda uvuga ko  benewabo n’inshuti z’umuntu ukora ubutinganyi bagomba kujya babwira polisi cyangwa abandi bantu ko runaka akora ubutinganyi.

Utabikoze azafatwa nk’umufatanyabikorwa.

Mu ntangiriro za Werurwe, 2023 nibwo abagize Inteko ishinga amategeko ya Uganda batangiye kwiga ku mushinga w’itegeko ryo guhana abantu bakora ubutinganyi.

Uko bimeze kose ariko, byose bizaterwa n’ubushake bwa Perezida Museveni.

Niwe uzahitamo gusinya cyangwa kudasinya ririya tegeko.

Narisinya azaba aciye ukubiri na bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bishyigikiye igitekerezo cy’uko ubutinganyi  ari uburenganzira bwa muntu.

Mu mushinga w’itegeko riri kwigwa, harimo ko uwo urukiko ruzahamya ko akora ubutinganyi kandi akabushishikariza abandi ndetse akagira uruhare mu gutuma abana babujyanwamo, azahanishwa gufungwa burundu.

Itangazamakuru cyangwa ubundi buryo buzakoreshwa mu gushyigikira abakora ubutinganyi nabo bazahanishwa igifungo cyangwa ibikorwa byabyo bifungwe.

Ku rundi ruhande, hari itsinda ry’Abadepite rivuga ko ibikubiye muri uyu mushinga ari ibintu n’ubundi bisanzwe biri mu itegeko ryatowe muri Uganda ryitwa Penal Code Act, bityo ko ridakwiye gutorwa.

Amashyirahamwe y’abatinganyi avuga ko ibiteganyijwe muri ririya tegeko, bizashyira ubuzima bwabo mu kaga kandi bikazagira ingaruka ku baturage ba Uganda muri rusange.

Muri Afurika hari ibihugu 30 bitemera na gato ko abantu bahuje igitsina babana.

TAGGED:AbatinganyifeaturedItegekoMuseveniUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bato Babwiwe Ibyiza Byo Gutwara Indege
Next Article U Rwanda Rwatangije Umushinga Wo Kuzihaza Mu Biribwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?