Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2025 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Noah Mutwe yashimuswe.
SHARE

Eddie Mutwe wari usanzwe ari mu basore barindira Bobi Wine umutekano yashimuswe ajyanwa ahantu hataramenyekana nk’uko ishyaka ry’uriya munyapolitiki ryitwa National Unity Platform, NUP, ribyemeza.

Kuri uyu wa Kane tariki 15, Gicurasi, 2025 nibwo Mutwe yatwawe n’abantu batamenyekanye imyirondoro kandi, nk’uko NUP ibyemeza, abaye undi muntu mu barinda umutekano wa Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine ushimuswe.

Kyagulanyi avuga ko umukozi  we yashimutiwe ahitwa Gombe, mu Karere ka Wakiso, ajyanwa n’abantu bamutwaye mu modoka ifite ibirahure byinjimye yo mu bwoko bwa double-cabin.

Kuri X yanditse ati: “Baje nk’ibisambo, bari mu modoka ya double-cabin. Babanje gufata umusaza Nyirarume wa Mutwe bamwambika amapingu bamusaba kujya kubereka aho Noah Mutwe ari. Barahageze baramufata bamujyana ahantu tutaramenya. Ibi bari kubikora mu rwego rwo kudukura umutima ariko baribeshya kuko ahubwo biri kutwongerera imbaraga”.

The Monitor yanditse ko  ry’uwo mugabo rikurikiye irindi rya mugenzi witwa Edward Ssebufu wari ushinzwe kuyobora abandi bose barinda Bobi.

Abamufashe bamumaranye iminsi umunani mbere yo kumugeza imbere y’urukiko rukorera ahitwa Masaka.

Hagati aho umugaba mukuru w’ingabo za Uganda General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko Mutwe yafashwe n’abasirikare be kandi yo nta pfunwe afite ry’uko abamufashe bamukubise.

Kuri X yanditse ati: ““ Ndemera ntazuyaje ko ari njye wategetse abasirikare banjye kubikora harimo no gukubita Eddie Mutwe. Kari akanyafu”.

Ibi biravugwa nyuma y’igihe gito Bobi Wine abwiye Reuters ko ateganya kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu azaba mu mwaka wa 2026.

Hagati aho The Monitor ivuga ko hari abantu bantu bahoze barinda umutekano wa Bobi Wine bafunzwe barimo uwitwa Grace Wakabi bahimba Smart, Gadafi Mugumya na Achilleo Kivumbi.

TAGGED:BobifeaturedGushimutaMutweNoahWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu
Next Article Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?