Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yajugunye Ku Mupaka Abanyarwanda 13 Barimo Urwaye COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uganda Yajugunye Ku Mupaka Abanyarwanda 13 Barimo Urwaye COVID-19

admin
Last updated: 11 August 2021 5:33 pm
admin
Share
SHARE

Leta ya Uganda yagejeje ku mupaka wa Kagitumba abandi banyarwanda 13, nyuma y’abandi 23 bahagejejwe mu cyumweru gishize barimo n’abanduye COVID-19.

Abakiriwe kuri uyu wa Kabiri bahamije ko bagiye bafatwa bari mu nzira bataha mu Rwanda, inzego z’umutekano za Uganda zigahita zijya kubafunga zibashinja ibyaha birimo kuba muri Uganda binyuranyije n’amategeko.

Uko ari 13 barimo abagabo batanu n’abagore barindwi.

Bahise bapimwa COVID-19 ndetse umwe asangwamo ubwandu, ahita ajya kwitabwaho n’abaganga. Ni mu gihe abandi bajyanywe ahantu hagenwe kugira ngo bazongere bapimwe, mbere yo gusanga imiryango yabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Witegereje ku maso, bari bananiwe, bigaragara ko bafashwe nabi muri Uganda.

Mu banyarwanda 23 bakiriwe mu cyumweru gishize bo hagaragayemo bane banduye COVID-19, bajya kwitabwaho mu Bitaro bya Ngarama mu Karere ka Gatsibo.

Bafashwe ku matariki atandukanye muri Kamena 2021, babanza kujyanwa mu kato mu kigo cya Sheema kiri i Mbarara, bahamara ukwezi.

Bavanwaga muri icyo kigo bajyanwa muri Gereza ya Kyamugolani i Mbarara, ari naho bakuwe bazanwa mu Rwanda.

Ibyo bikagaragaza neza ko ari umugambi wo gufata Abanyarwanda wari wateguwe neza muri Kamena.

- Advertisement -

Hashize igihe ibihugu byombi bitabanye neza, ku buryo u Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera ko bakunze gufungwa mu buryo butemewe n’amategeko ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

U Rwanda kandi rushinja Uganda gutera inkunga abagamije kuruhungabanyiriza umutekano.

Hamaze iminsi ibiganiro bigamije kuzahura umubano, ariko ntabwo biratanga umusaruro.

Guhera ku wa 15 Kamena 2021, abantu baturuka muri Uganda basabwa kujya mu kato k’iminsi irindwi, bakazakavamo bongeye gupimwa COVID-19 ngo harebwe ko nta wanduye.

TAGGED:COVID-19KagitumbaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 40 Bigeze Kuri 72%
Next Article Goma: Ba Ofisiye 2 Barwaniye Ku Kibuga cy’Indege Bakatirwa Gufungwa Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?