Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yarekuye Abarobyi 36 Bo Muri RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Yarekuye Abarobyi 36 Bo Muri RDC

admin
Last updated: 12 August 2021 10:35 am
admin
Share
SHARE

Igisirikare cya Uganda cyarekuye abarobyi 36 bamaze ibyumweru bafungiwe muri gereza ya Katwe muri icyo gihugu, bafashwe bashinjwa kuvogera amazi ya Uganda mu kiyaga cya Edward, kiri hagati y’ibihugu byombi.

Umuyobozi w’abarobyi bo mu gace ka Kyavinyonge, Noé Mbusa Kavasya, yatangaje ko batanu mu barekuwe basabwe kubanza kwishyura $300 buri umwe, mu gihe abandi 21 barekuwe hagendewe ku masezerano yo guhererekanya imfungwa.

Bijyanye n’ayo masezerano, abarobyi barindwi bo muri Uganda bari barafatiwe mu kiyaga ku ruhande rwa Congo nabo bashyikirijwe Uganda nk’uko Radio Okapi yabitangaje

Barekuwe nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, RDC ihagarariwe na Admiral Ngoy Egide uyobora ingabo zishinzwe kurinda ibiyaga bya Edward, Albert na Kivu, hamwe na Colonel Dick Kiirya Kaija ukuriye Uganda Fisheries Protection Unit (FPU).

Nubwo abarobyi barekuwe, Noé Mbusa Kavasya yavuze ko ingabo za Uganda zirwanira mu mazi zanze gutanga ibikoresho abarobyi bafatanywe, birimo ubwato buto 250 na moteri 250.

Yavuze ko ibiganiro bikomeje hagati y’ibihugu byombi kugira ngo biriya bikoresho nabyo bitangwe.

Aba barobyi barekuwe kuri uyu wa Gatatu

TAGGED:AbarobyiEdwardIkiyagaKivuRDCUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article COVID-19: Ingendo Zimuriwe Saa Mbili, Insengero Na Resitora Birakomorerwa
Next Article U Rwanda Rwinjiye Mu Bufatanye Na IFC Mu Mushinga w’Uruganda Rw’Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?