Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yarekuye Abarobyi 36 Bo Muri RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Yarekuye Abarobyi 36 Bo Muri RDC

Last updated: 12 August 2021 10:35 am
Share
SHARE

Igisirikare cya Uganda cyarekuye abarobyi 36 bamaze ibyumweru bafungiwe muri gereza ya Katwe muri icyo gihugu, bafashwe bashinjwa kuvogera amazi ya Uganda mu kiyaga cya Edward, kiri hagati y’ibihugu byombi.

Umuyobozi w’abarobyi bo mu gace ka Kyavinyonge, Noé Mbusa Kavasya, yatangaje ko batanu mu barekuwe basabwe kubanza kwishyura $300 buri umwe, mu gihe abandi 21 barekuwe hagendewe ku masezerano yo guhererekanya imfungwa.

Bijyanye n’ayo masezerano, abarobyi barindwi bo muri Uganda bari barafatiwe mu kiyaga ku ruhande rwa Congo nabo bashyikirijwe Uganda nk’uko Radio Okapi yabitangaje

Barekuwe nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, RDC ihagarariwe na Admiral Ngoy Egide uyobora ingabo zishinzwe kurinda ibiyaga bya Edward, Albert na Kivu, hamwe na Colonel Dick Kiirya Kaija ukuriye Uganda Fisheries Protection Unit (FPU).

Nubwo abarobyi barekuwe, Noé Mbusa Kavasya yavuze ko ingabo za Uganda zirwanira mu mazi zanze gutanga ibikoresho abarobyi bafatanywe, birimo ubwato buto 250 na moteri 250.

Yavuze ko ibiganiro bikomeje hagati y’ibihugu byombi kugira ngo biriya bikoresho nabyo bitangwe.

Aba barobyi barekuwe kuri uyu wa Gatatu

TAGGED:AbarobyiEdwardIkiyagaKivuRDCUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article COVID-19: Ingendo Zimuriwe Saa Mbili, Insengero Na Resitora Birakomorerwa
Next Article U Rwanda Rwinjiye Mu Bufatanye Na IFC Mu Mushinga w’Uruganda Rw’Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?