Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda Yategetswe Kwishyura DRC Byibura Macye Macye Mu Kayabo Iyirimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda Yategetswe Kwishyura DRC Byibura Macye Macye Mu Kayabo Iyirimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 February 2022 7:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko mpuzamahanga, International Court of Justice, rwaraye rutegetse Uganda kuba yishyuye igice gito cy’umwenda ibereyemo Repubulika ya Demukarasi ya Congo kingana na Miliyoni 325 $, iki kikaba ari gice gito cyane ugereranyije n’umwenda wa Miliyari 11 $ Kampala igomba kwishyura Kinshasa.

Umwanzuro w’uru rukiko uvuga ko Uganda igomba gutanga ariya mafaranga kubera ko hari uruhare yagize mu gusenya Repubulika ya Demukarasi ya Congo  mu ntambara yagiye kurwanayo.

Umwanzuro w’uko Uganda igomba kwishyura aya mafaranga wafashwe na ruriya rukiko taliki 19, Ukuboza, 2005.

Abacamanza babiri baburanishije ruriya rubanza banzuye ko Kampala igomba kwishyura Kinshasa Miliyoni 225$ kubera ubuzima bw’abantu baguye mu ntambara kiriya gihugu cyashoyeyo, ikishyura miliyoni 40$ kubera inzu n’ibindi bikorwa remezo yangije, hejuru y’aya hakiyongeraho miliyoni 60 $ z’umutungo kamere Uganda ishinjwa gusahura kiriya gihugu kiri mu bikungahaye kurusha ibindi kuri uyu mutungo.

Mu bacamanza baciye uru rubanza harimo n’umunya-Uganda witwa Julian Sebutinde.

Za miliyoni 325 $ Uganda igomba kwishyura, yategetswe kuzazishyura mu byiciro bitanu, buri cyiciro ikishyura miliyoni 65$.

Kuyishyura bizatangira taliki 01, Nzeri, 2022 kandi ubukererwe bwo kwishyura bukazajya bushyirirwaho amande ya 6% abarwa ku munsi ukurikira uwo Uganda yagombaga gutangira kwishyuriraho.

DRC yashatse gukama n’ari mu ihembe…

Mu gihe abacamanza bafataga uyu mwanzuro, uwaburaniraga Repubulika ya Demukarasi ya Congo yasabye Inteko iburanisha ko yagereka kuri Uganda igihombo Kinshasa iri kugira muri iki gihe cyatewe n’abarwanyi baturutse muri Uganda bakarema umutwe wa ADF.

Kuri iki kifuzo ariko, Urukiko rwavuze ko Uganda idakwiye gushyirwaho umutwaro w’amafaranga itazashobora kwishyura.

Ngo ayo yaciwe ari mu bushobozi bwayo bwo kwishyura, ntiyagombye kurenza ayo.

Igisigaye ni ukureba niba nayo izayishyura uko yakabaye ndetse no mu gihe cyagenwe.

Uganda yasubiye yo…

Bamwe mu bagaba b’ingabo za Uganda bari kumwe na Major Gen Kayanja Muhanga

Hagati aho ingabo za Uganda ziherutse kwemererwa n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo kongera gusubira muri kiriya gihugu kwirukana ADF.

Hari abibaza niba koko Uganda muri iki gihe ari bwo ifite ubushake nyabwo bwo kwirukana bariya barwanyi cyangwa niba hari undi mugambi ubyihishe inyuma.

Umwe mu migambi bavuga ni uwo gushaka uburyo iki gihugu cyakongera kugira umutungo kamere wa DRC gisahura cyane cyane ko kiri kuhubaka n’imihanda.

Umwe muri iyi mihanda waraye utashwe n’ingabo za Uganda ziri mu bikorwa bya gisirikare muri DRC byiswe Operation Suuja biyobowe na Major General Kayanja Muhanga, uyu akaba ari umuvandimwe w’umunyamakuru ukomeye muri Uganda witwa Andrew Mwenda.

Major General Kayanja Muhanga waraye afunguye ku mugaragaro umuhanda wubatswe muri Ituri n’ibigo bikora imihanda byo muri Uganda  yavuze ko uriya muhanda wubatswe hagamijwe gufasha Uganda guhashya abarwanyi ba ADF.

Mu masaha yo ku wa Kabiri taliki 08, Gashyantare, 2022 nibwo imodoka z’intambara za Uganda zambutse agace abaturage bise ‘Mpandeshatu y’urupfu’ kari ahitwa Burasi mu Ituri muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ingabo za Uganda zifatanyije na bimwe mu bigo byo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo nizo umuhanda ufite n’ikiraro kiva ahitwa Haibale kikambuka umugezi witwa Semulik.

Maj Gen Kayanja Muhanga avuga ko gukoresha kiriya kiraro bizaba uburyo bwiza bwo guhashya burundu abarwanyi ba ADF bari barakwirakwiriye mu bice bikikije Ituri.

Ngo byatangije igice cya kabiri cy’intambara bari kurwana na ADF kandi ngo bayize kure bayihashya.

TAGGED:ADFfeaturedIngaboKampalaKinshasaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwabwiye Inzego Ko Muri SACCO Hari Ubujura Yasabiwe Gufungwa Imyaka 10
Next Article Zambia Irimo Kwigira Ku Rwanda Imicungire y’Ibigo Byigenga Bicunga Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?