Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UGB Yari Itsinze Patriots BBC Habura Gato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

UGB Yari Itsinze Patriots BBC Habura Gato

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2024 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mukino waraye uhuje aya makipe mu ijoro ryakeye byarangiye Patriots BBC itsinze UGB BBC bigoranye kuko itayirushije amanota menshi. Yayitsinze ifite amanita 81 kuri 78 ya UGB.

UGB ni ikipe itaramenyekana cyane mu marushanwa ya Basketball mu Rwanda ariko ifite umuhati ukomeye.

Kuba yarushijwe amanota make na Patriots BBC iri ku mza mbere mu Rwanda ni ikimenyetso ko ishobbora no kuzayihangamura mu gihe kiri imbere niba ikomereye ku muriri ifite.

Umukino waraye uhurije amakipe yombi muri Lycée de Kigali warimo ihangana rikomeye kuko Patriots BBC yashakaga kurangiza iri ku mwanya wa mbere wa Shampiyona ya Basketball nyarwanda naho UGB nayo igashaka kwerekana ko itari agafu k’imvugwarimwe.

Mu ntangiriro z’umukino, Patriots BBC yakinnye neza umukinnyi wayo witwa Hagumintwari Steven ayitsindira amanota menshi icyakora ku rundi ruhande Shaffy Habineza wa UGB nawe agatsinda andi bityo akagabanya ikinyuranyo.

Agace ka Mbere k’uyu mukino karangiye  Patriots ifite amanota 24 kuri 13.

Aka kabiri kaje kaje gashyushye kurushaho kuko amakipe yombi yatsindanaga umusubizo.

UGB yari imeze neza rwose kuko yagabanyije ikinyuranyo bigera n’ubwo amakipe yombi anganya amanota 34-34.

Habura iminota ibiri ngo aka gace karangire, Ndizeye Dieudonné yatsinze amanota yafashije Patriots kukarangiza iri imbere  ni ukuvuga ku manota 36-34.

Mu gace ka gatatu, UGB yarushijeho gukina neza, Habineza, Amisi Saidi na Rukerimbere Jean Marie bayitsindiraga amanota menshi.

Uko iminota yakomeje kuzamuka niko UGB nayo yatsindaga neza kuko yagabanyije amanota yarushwaga isigami ikinyuranyo cy’amanota 10 gusa.

Agace ka gatatu karangiye UGB yigaranzuye Patriots iyobora umukino ku manota 63 kuri 55.

Mu gace ka nyuma, UGB yakomeje kubihagararamo neza ndetse Emmanuel Iyakaremye ayitsindira amanota atatu, ikinyuranyo gikomeza kugabanuka kigera ku manota 12 ni ukuvuga 75 ya Patriots BBC na 63 ya UGB.

Frank Kamdoh na Hagumintwari ba Patriots bujuje amakosa atanu basohorwa mu kibuga.

Mu munota wa nyuma w’umukino, Byiringiro Yannick yambuye Kenneth Gasana umupira azamuka wenyine ariko ananirwa gutsinda amanota yari kuba ay’ingenzi cyane ku ikipe ye.

Nyuma yo kuwuhusha, wafashwe na Sagamba Sedar awuha Ndizeye nawe atsinda amanota atatu, Patriots iba itsinze ityo!

Yahise ishyiramo ikinyuranyo cy’inota rimwe( 79-78).

Amasegonda ya nyuma, Patriots yayakinnye neza itsinda  umukino yakinanga na UGB bigoranye cyane ku manota 81 kuri 78.

Hagati aho ariko indi kipe ikomeye yakinnye ni Espoir BBC yatsinze Inspired Generation amanota 96 kuri 71.

Intsinzi ya Patriots BBC yatumye irangiza imikino ibanza ya Shampiyona iri ku mwanya wa mbere n’amanota 18 kandi ntiratsindwa.

Inyuma yayo haza APR BBC na REG BBC iri ku mwanya wa gatatu ndetse na Kepler BBC ya kane.

Iyi mikino izarangira mu mpera z’Icyumweru ku wa Gatanu, tariki 5 Mata 2024, hakazaba umukino uzahuza  Orion BBC izakina na Kepler, Tigers BBC ikine na Kigali Titans naho kuwa Gatandatu REG izakina na Espoir BBC.

Ifoto@The New Times

TAGGED:BasketballBBCfeaturedIkipeShampiyonaUGB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Clinton Niwe Uzahagararira Amerika Mu Kwibuka 30
Next Article Inama Y’Abaminisitiri Yagennye Abayobozi Barimo N’Uwa RICA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?