Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uguhiga Ubutwari Muratabarana! Isi Itegereje Icyo u Bushinwa Buri Bukore Ku Ruzinduko Rwa Pelosi Muri Taiwan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uguhiga Ubutwari Muratabarana! Isi Itegereje Icyo u Bushinwa Buri Bukore Ku Ruzinduko Rwa Pelosi Muri Taiwan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2022 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyo Abashinwa bari bamaze iminsi basaba Amerika ko itabikora, yabikoze! Nancy Pelosi yageze muri Taiwan , yakirwa na Perezida w’iki gihugu. Guverinoma y’u Bushinwa yari imaze iminsi isaba ko atabikora kuko kubikora bizatuma u Bushinwa bujya mu ntambara na Taiwan .

Ubu haribazwa niba uyu mujinya w’u Bushinwa uri bukurikirwe n’intambara nk’uko bwari bwarabivuze cyangwa niba hari bube ibiganiro byatuma bucururuka.

Ubwo yageraga yo, Nancy Pelosi yabwiye abayobozi ba Taiwan ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zitazatererana  Taiwan, ko ari inshuti y’ibihe byose.

Mu buryo bwihuse, u Bushinwa bwahise butumiza Ambasaderi w’Amerika muri iki gihugu witwa Burns kugira ngo agire ibyo asobanura ndetse buhita bukomanyiriza ibiribwa byinshi Taiwan yatumizaga mu Bushinwa.

Bwatangaje ko ibyo Taiwan yakoze bigiye gutuma itembagara, igahinduka igihugu kidafite ejo hazaza.

Pelosi araza guhura na Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya  Taiwan witwa Tsai Chi-Chang mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Yabwiye abanyamakuru bari baje kumwakira ko azanye ubutumwa bwo kubwira abaturage ba Taiwan ko Amerika iri kumwe nabo muri iki gihe kurusha ikindi gihe cyose.

Pelosi yashimye uko Taiwan yitwaye mu guhangana na COVID-19 bituma ubukungu bwayo butazahara cyane none ubu buri kuzamuka.

Nyuma yo kuganira n’abanyamakuru , Nancy Pelosi yahuye na Perezida wa Taiwan witwa Tsai Ing-wen bagirana ibiganiro mu mwiherero.

Yavuze ko agenzwa n’amahoro masa.

Ku ruhande rw’u Bushinwa, umujinya wakomeje kuzamuka.

Visi Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu witwa Xie Feng yavuze ko ibyo Amerika yakoze bitari bubure gukurikirwa n’ingaruka zikomeye.

Ati: “ Ntabwo u Bushinwa buri bubirebe ngo buceceke!”

Igisirikare  cy’u Bushinwa cyavuze ko kigiye gutangiza ibitero ahantu hatoranyijwe neza muri Taiwan kandi ngo icyo abasirikare babwo bategereje ni itegeko ry’Umugaba w’ikirenga wabwo.

Ikinyamakuru cya Leta y’u Bushinwa kitwa Xinhua nicyo kibivuga.

Ndetse ngo bimwe muri ibyo bikorwa biratangira kuri uyu wa Gatatu taliki 03, Kanama, 2022.

Amerika yo ivuga ko icyo u Bushinwa buri buhitemo gukora, yo yiteguye kugiha umurongo nyawo.

Umugani w’Abanyarwanda uvuga ngo ‘uguhiga ubutwari muratabarana’ ushobora kuza kurebwa impamo yawo hagati y’ibihangange bibiri bitegeka isi ni ukuvuga Amerika n’u Bushinwa.

Amerika ivuga ko ibyo Nancy Pelosi yakoze ari amahitamo ye nk’umuntu, ko ategeze atumwa n’ubutegetsi bw’i Washington.

Ku rundi ruhande, mu magambo ya Nancy Pelosi humvikanamo ko avuga nk’uvuga mu izina ry’Amerika.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’Amerika witwa  Kirby yagize ati: “ Twiteguye kugira icyo dukora igihe cyose u Bushinwa nabwo buri bugire icyo bukora.”

Yavuze ko uruzinduko rwa Nancy Pelosi rutagombye gutuma u Bushinwa bukomeza ibintu, ngo buhindure uruzinduko rwe intandaro yo kurushaho kwiyenza kuri Taiwan.

Hari amakuru atangazwa n’ubutegetsi bw’i Taipei avuga ko hari indege 20 z’intambara z’u Bushinwa zaraye zirenze umurongo ubugabanya na Taiwan.

Ibi ariko ntibyigeze bikanga Abanyamerika kuko ngo bari babyiteze kandi bakomeje gucungira hafi ibyo u Bushinwa buri gukora.

Icyo bizeza isi ngo ni uko Nancy Pelosi ari bukore uruzinduko rwe muri Taiwan yarangiza agataha amahoro nta kintu na kimwe abaye.

Hari indege umunani z’intambara za Leta zunze ubumwe z’Amerika zahagurutse ku birindiro by’ingabo z’Amerika mu Buyapani ahitwa Okinawa zigiye kwakira no guherekereza indege ya Nancy Pelosi.

Hari n’izindi eshanu nini zaritwaje amavuta zizigenda iruhande kugira ngo bibaye ngombwa ko habaho intambara, ntihagire indege ibura amavuta ngo biba byayiteza ikibazo.

 

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedIntambaraPelosi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vuba Aha Hari Ibigo Bya Leta Bigiye Kwegurirwa Abikorera: Perezida Kagame
Next Article Abahinga Ibireti Bashinja Uruganda SOPYIRWA Kubambura Ubutaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?