Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uguhiga Ubutwari Muratabarana! Isi Itegereje Icyo u Bushinwa Buri Bukore Ku Ruzinduko Rwa Pelosi Muri Taiwan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uguhiga Ubutwari Muratabarana! Isi Itegereje Icyo u Bushinwa Buri Bukore Ku Ruzinduko Rwa Pelosi Muri Taiwan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2022 7:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyo Abashinwa bari bamaze iminsi basaba Amerika ko itabikora, yabikoze! Nancy Pelosi yageze muri Taiwan , yakirwa na Perezida w’iki gihugu. Guverinoma y’u Bushinwa yari imaze iminsi isaba ko atabikora kuko kubikora bizatuma u Bushinwa bujya mu ntambara na Taiwan .

Ubu haribazwa niba uyu mujinya w’u Bushinwa uri bukurikirwe n’intambara nk’uko bwari bwarabivuze cyangwa niba hari bube ibiganiro byatuma bucururuka.

Ubwo yageraga yo, Nancy Pelosi yabwiye abayobozi ba Taiwan ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zitazatererana  Taiwan, ko ari inshuti y’ibihe byose.

Mu buryo bwihuse, u Bushinwa bwahise butumiza Ambasaderi w’Amerika muri iki gihugu witwa Burns kugira ngo agire ibyo asobanura ndetse buhita bukomanyiriza ibiribwa byinshi Taiwan yatumizaga mu Bushinwa.

Bwatangaje ko ibyo Taiwan yakoze bigiye gutuma itembagara, igahinduka igihugu kidafite ejo hazaza.

Pelosi araza guhura na Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya  Taiwan witwa Tsai Chi-Chang mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Yabwiye abanyamakuru bari baje kumwakira ko azanye ubutumwa bwo kubwira abaturage ba Taiwan ko Amerika iri kumwe nabo muri iki gihe kurusha ikindi gihe cyose.

Pelosi yashimye uko Taiwan yitwaye mu guhangana na COVID-19 bituma ubukungu bwayo butazahara cyane none ubu buri kuzamuka.

Nyuma yo kuganira n’abanyamakuru , Nancy Pelosi yahuye na Perezida wa Taiwan witwa Tsai Ing-wen bagirana ibiganiro mu mwiherero.

Yavuze ko agenzwa n’amahoro masa.

Ku ruhande rw’u Bushinwa, umujinya wakomeje kuzamuka.

Visi Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu witwa Xie Feng yavuze ko ibyo Amerika yakoze bitari bubure gukurikirwa n’ingaruka zikomeye.

Ati: “ Ntabwo u Bushinwa buri bubirebe ngo buceceke!”

Igisirikare  cy’u Bushinwa cyavuze ko kigiye gutangiza ibitero ahantu hatoranyijwe neza muri Taiwan kandi ngo icyo abasirikare babwo bategereje ni itegeko ry’Umugaba w’ikirenga wabwo.

Ikinyamakuru cya Leta y’u Bushinwa kitwa Xinhua nicyo kibivuga.

Ndetse ngo bimwe muri ibyo bikorwa biratangira kuri uyu wa Gatatu taliki 03, Kanama, 2022.

Amerika yo ivuga ko icyo u Bushinwa buri buhitemo gukora, yo yiteguye kugiha umurongo nyawo.

Umugani w’Abanyarwanda uvuga ngo ‘uguhiga ubutwari muratabarana’ ushobora kuza kurebwa impamo yawo hagati y’ibihangange bibiri bitegeka isi ni ukuvuga Amerika n’u Bushinwa.

Amerika ivuga ko ibyo Nancy Pelosi yakoze ari amahitamo ye nk’umuntu, ko ategeze atumwa n’ubutegetsi bw’i Washington.

Ku rundi ruhande, mu magambo ya Nancy Pelosi humvikanamo ko avuga nk’uvuga mu izina ry’Amerika.

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’Amerika witwa  Kirby yagize ati: “ Twiteguye kugira icyo dukora igihe cyose u Bushinwa nabwo buri bugire icyo bukora.”

Yavuze ko uruzinduko rwa Nancy Pelosi rutagombye gutuma u Bushinwa bukomeza ibintu, ngo buhindure uruzinduko rwe intandaro yo kurushaho kwiyenza kuri Taiwan.

Hari amakuru atangazwa n’ubutegetsi bw’i Taipei avuga ko hari indege 20 z’intambara z’u Bushinwa zaraye zirenze umurongo ubugabanya na Taiwan.

Ibi ariko ntibyigeze bikanga Abanyamerika kuko ngo bari babyiteze kandi bakomeje gucungira hafi ibyo u Bushinwa buri gukora.

Icyo bizeza isi ngo ni uko Nancy Pelosi ari bukore uruzinduko rwe muri Taiwan yarangiza agataha amahoro nta kintu na kimwe abaye.

Hari indege umunani z’intambara za Leta zunze ubumwe z’Amerika zahagurutse ku birindiro by’ingabo z’Amerika mu Buyapani ahitwa Okinawa zigiye kwakira no guherekereza indege ya Nancy Pelosi.

Hari n’izindi eshanu nini zaritwaje amavuta zizigenda iruhande kugira ngo bibaye ngombwa ko habaho intambara, ntihagire indege ibura amavuta ngo biba byayiteza ikibazo.

 

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedIntambaraPelosi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vuba Aha Hari Ibigo Bya Leta Bigiye Kwegurirwa Abikorera: Perezida Kagame
Next Article Abahinga Ibireti Bashinja Uruganda SOPYIRWA Kubambura Ubutaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?