Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Afurika Ikomeje Kuzirikwa Ku Ngoyi Y’Umwenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

Uko Afurika Ikomeje Kuzirikwa Ku Ngoyi Y’Umwenda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2024 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe bavuga ko amategeko arusha amabuye kuremera ariko hari nuzakubwira ko umwenda nawo uremera kurusha byinshi mu byo tuzi.

Nk’ubu umwenda Afurika ifitiye abagurije ibihugu byayo mu mwaka wa 2022 wariyongereye ugera kuri miliyari $149.4, uyu ukaba umwenda munini cyane ibi bihugu byagize mu myaka 30 yabanje.

Ahanini ibi byatewe n’ingaruka za COVID-19, intambara y’Uburusiya na Ukraine n’ibindi bibazo bigira ingaruka ku musaruro w’imbere mu bihugu ndetse no kubyo byohereza hanze.

Imibare iherutse gutangazwa na Banki Nyafurika ishinzwe guteza imbere ibyohereza n’ibitumizwa hanze yitwa African Export-Import Bank (Afreximbank) igaragaza ko uretse Afurika  y’Uburasirazuba, ibindi bice by’uyu mugabane bifite imyenda iremereye cyane.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku byerekeye ibihugu bigize Afurika y’Uburasirazuba, Kenya na Tanzania nibyo bifite imyenda ihanitse kurusha bigenzi byabo bahuriyemo.

Raporo ivugwamo iyi mibare ivuga ko muri rusange ibihugu byo mu Burasirazuba bw’Afurika byazamuye umusaruro wabyo mu myaka irindwi ishize bituma bidafata imyenda ikabije.

Muri icyo gihe cyose, umusaruro mbumbe wabyo wazamutse ku kigero cya 54.5% naho ibihugu byo muri Rwagati muri Afurika bizamura umusaruro mbumbe ku kigero cya 35.4%.

Igice cya Afurika cyagize umusaruro wazamutse neza nyuma y’icyo mu Burasirazuba bw’uyu mugabane, ni igice cyo mu Burengerazuba bwa Afurika.

Ibice byo mu Majyaruguru y’Afurika byashyizwe ku mwanya wa gatatu mu gihe ibyo mu gice ibyo mu Majyepfo byo ari ibya kane umuntu yakwita ibya nyuma.

- Advertisement -

Abakoze iriya raporo bise State of Play of Debt Burden in Africa 2024: Dynamics and Mounting vulnerability, bavuga ko umwenda muri rusange muri Afurika wazamutseho  miliyari $112.2 na miliyari $100.2 hagati y’umwaka wa 2021 na 2020 naho mu mwaka wa 2022 ugera kuri miliyari $ 149.4.

Uyu mwenda wadindije ishoramari kandi bituma abaterankunga bagenda biguru ntege mu guha ibihugu bya Afurika umwenda byashakaga.

Ibi kandi bijyanirana nuko abakoze buriya bushakashatsi basanze mu bihugu 52 bakoreyemo ubushakashatsi, ibitari biremerewe cyane n’umwenda byari biri mu nzira yo kugera kuri urwo rwego.

Mu magambo y’abahanga bakoze iriya raporo, ibibazo by’ubukungu bw’isi y’iki gihe nibyo bigira ingaruka ku bukungu bw’ibihugu bikennye kandi mu buryo bw’umwihariko.

Ikibazo kiyongera kuri ibi ni uko no mu mwaka wa 2024 hazakomeza kubaho ibibazo bigendanye no kwishyura iriya mwenda kuko ibihugu byagurije Afurika byatangiye kwiga uko yabyishyura.

Kimwe mu bihugu bikomeye biguriza uyu mugabane ni Ubushinwa.

Umwenda Afurika ifitiye abayiguriza warazamutse cyane mu myaka 13 ishize kuko ugenekereje wazamutse ku kigero cya 39.3%.

Ni imibare ibarwa hagati y’umwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2020 ariko nanone waje kugabanuka mu mwaka 2023 ugera byibura kuri 68.6%.

Ntibyatinze ariko hagati y’umwaka wa 2022 na 2023 wazamutesho 1.3%.

Mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba Kenya niyo ifite umwenda mugari kurusha ibindi kuko ifite uwa miliyari $ 305 mu gihe Tanzania ifite uwa miliyari $5.8.

Ibindi bihugu bifitiye abaterankunga imyenda iremereye ni Sudani ifite uwa miliyari $ 21.02, Zimbabwe ikagira uwa miliyari $ 8.2,  Libya ikagira uwa miliyari $ 3.2,  Zambia ikagira uwa miliyari $ 2.04.

The East African ivuga ko imibare itangwa muri raporo twavuze haruguru 3.8% by’umwenda wose Afurika ifite ari uwo igomba kwishyura Ubushinwa.

Zambia na Ghana nibyo bihugu bifitiye Ubushinwa umwenda munini.

Twabamenyesha ko muri iriya raporo u Rwanda rutagaragara mu bihugu bifite imyenda iremeye.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngoma: Indwara Y’Ubuganga Yugarije Amatungo
Next Article Umuhanda Karongi-Ngororero-Muhanga Ugeze He?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?