Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Igitero Cyo Kwivugana Yahya Sinwar Cyagenze…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uko Igitero Cyo Kwivugana Yahya Sinwar Cyagenze…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2024 8:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yahya yishwe ku wa Gatatu ariko bimenyekane neza bucyeye bwaho
SHARE

Igisirikare cya Israel kivuga ko inite yacyo (unit) ya Brigade Bislamach ya 828 yamaze igihe runaka igenzura ahitwa Tal al-Sultan, agace ko muri Rafah, ku wa gatatu.

Yaje kubona abarwanyi batatu maze batangira kurasana n’ingabo za Israel – baza kwicwa.

BBC  yanditse ko kugeza ubwo nta kidasanzwe cyagaragaraga kuri iyo mirwano kuko n’ubusanzwe ingabo za Israel zimaze igihe runaka ziri mu ntambara muri iki gice.

Byarakomeje bigera mu gitondo cyo kuwa Kane taliki 17, Ukwakira, 2024.

Icyo gihe ni bwo abo bishwe bagenzuwe, umurambo umwe basanga urasa cyane n’umukuru wa Hamas.

Abasirikare babanje kuwugumisha aho uri batinya ko waba utezwemo igisasu ariko baza kwigira inama yo kuwuca urutoki bakarwohereza muri Israel ngo berebe uwo muntu usa na Sinwar uwo ari we koko.

Baje no gushirika ubwoba umurambo barawufata bawohereza muri Israel wose uko wakabaye ngo upimwe.

Ntibyatinze Daniel Hagari uvugire igisirikare cya Israel avuga ko ingabo “zitari zizi ko ari aho, ariko twakomeje ibikorwa”.

Yavuze ko abasirikare babonye abo bagabo batatu biruka bava mu nzu bajya mu yindi, batangira kurasana mbere y’uko bicamo ibice.

Uwo baje kumenya ko ari Sinwar “yirutse wenyine ajya muri imwe mu nyubako” maze aza kwicwa nyuma y’uko avumbuwe na ‘drone’.

Daily mail yanditse ko iyo drone bayohereje aho ari isanga yicaye mu ntebe yipfutse mu maso, yuzuyeho ivumbi kuko inzu yari arimo yari yasenywe n’ibisasu.

Bivugwa ko yabonye imwegereye ayitera umujugujugu w’inkoni yari afite.

Muri icyo cyumba ngo nta mbohe muzo Hamas yanyaze Israel mu Ukwakira, 2023 yari ari kumwe nayo.

Kandi uko yabonetse byerekana ko yariho agerageza kugenda nta muntu umumenye kandi akaba yari yatakaje benshi mu bamurinda.

Yoav Gallant, minisitiri w’ingabo wa Israel, yagize ati: “Sinwar yapfuye ananiwe, kandi yiruka – ntabwo yapfuye nka komanda, ahubwo nk’umuntu wirebagaho ukwe. Ubu ni ubutumwa busobanutse ku banzi bacu bose”.

Amashusho ya ‘drone’ yatangajwe n’igisirikare cya Israel ku wa kane nijoro bavuze ko yerekana iminota ya mbere gato y’uko Sinwar yicwa.

Yafashwe na ‘drone’ yanyuraga mu madirishya y’inzu zashenywe, igera k’umugabo wipfutse mu maso, wicaye mu ntebe mu igorofa ya mbere y’inzu yuzuyemo ibisigazwa by’inzu zangiritse.

Aho yari yihishe yambaye umwambaro umuhisha amaso
Yahya Sinwar niwe wa mbere Israel yari irwaye

Uyu mugabo wasaga n’uwakomeretse, ahita atera iyo ‘drone’ igisa n’inkoni, maze video ikarangira.

Ku wa kane nimugoroba nibwo Israel yatangaje ko irimo “gusuzuma ko bishoboka” ko Sinwar yiciwe muri Gaza.

Hashize iminota micye batangaje ibyo, amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje umurambo w’umugabo usa cyane n’umukuru wa Hamas, wari wagize ibikomere bikomeye cyane ku mutwe.

Ayo mashusho ni mabi cyane ku buryo tutayatangaza.

Gusa kugeza ubwo, abategetsi baburiye ko “kugeza aha” umwirondoro w’abagabo bishwe utaremezwa.

Icyakora ntibyatinze muri Israel babwiye BBC ko abategetsi baho “icyizere cyabo cyiyongereye” ko bamwishe.

Ariko bakemeza ko ibipimo byose bisabwa bigomba kubanza gukorwa mbere yo kubyemeza.

Ibyo bipimo ntibyatinze. Ku wa kane bugorobye, Israel yameje ko Sinwara “yakuweho”.

Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yavuze ko “ikibi” bagikuyeho, ariko aburira abantu ko intambara ya Israel muri Gaza itararangira.

Sinwar yari amaze umwaka ahigwa bikomeye na Israel, kandi nawe ntiyari atuye kuva aho abandi bayobozi bakuru ba Hamas biciwe na Israel mu minsi mike itambutse.

Abo  Mohammad Dief na Ismail Haniyeh, uyu akaba yariciwe muri Iran.

Mu itangazo, ingabo za Israel zavuze ko ibitero byazo mu byumweru bishize mu majyepfo ya Gaza “byaburabuje ingendo za Yahya Sinwar bikamugeza ku iherezo rye”.

Kwica Sinwar byari intego ikomeye ya Israel, ariko iherezo rye ntirisobanuye kurangira kw’intambara muri Gaza.

Israel imaze kwica benshi mu bayobozi bakuru ba Hamas na Hezbollah. Abo ni aba Hamas yamaze kwica n’abandi yahushije
TAGGED:featuredHamasIgiteroIsraelSinwarYahya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Meteo Iraburira Abantu Ku Bwinshi Bw’Imvura Iri Imbere
Next Article Gachagua: Visi Perezida Wa Mbere Wa Kenya Wegujwe Mu Mateka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?