Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko RIB Yafashe Abantu Bashakaga Gucucura Banki Ikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Uko RIB Yafashe Abantu Bashakaga Gucucura Banki Ikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2024 4:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha buvuga ko abantu barindwi iherutse gufata bashaka kwiba miliyoni Frw 100, abakozi b’uru rwego bari bamaze iminsi babagenda runono.

Kuri uyu wa Kane nibwo yeretse itangazamakuru batandatu muri bo kuko uwa karindwi arwaye indwara itatangajwe.

Bose bafatiwe rimwe taliki 20, Nyakanga, 2024 nyuma y’amakuru RIB yari ibafiteho.

Umuvugizi wayo Dr. Thierry B.Murangira avuga ko abakozi ba RIB bagendaga runono abo bantu kubera amakuru bari bamaze iminsi babafiteho.

Ni amakuru yavugaga ko abo bantu barimo bategura ibitero by’ikoranabuhanga hakoreshejwe icyo yise ‘mudasobwa’.

Bafashwe bamaze kugerageza kwiba miliyoni zijya kwegera Frw 100 ni ukuvuga hafi miliyoni Frw 99.

Murangira avuga ko bafashwe bari kugerageza kubikuza Miliyoni Frw 65, ariko izindi zisigaye ngo buzuje miliyoni 100 bari bamaze kuzisaranganya kuri konti zabo, buri wese aye, aye…

Abagenzacyaha ba RIB bavuga ko bafashe abo bantu bagiye kubikuriza ayo mafaranga muri kimwe mu bihugu bituranye n’u Rwanda yirinze kuvuga izina.

Abo bantu bagabye kiriya gitero kuri imwe muri banki zo mu Rwanda ariko isanganywe ishami hanze yarwo.

Murangira ati: “Impamvu bafashwe bajya kuyabikuza mu gihugu cy’abaturanyi ni uko iyo banki isanzwe ifite amashami mu bihugu byo mu biyaga bigari”.

Abo bantu baciye mu ishami ry’iyo banki muri kimwe mu bihugu byo mu Karere bavugana n’umukozi waryo abaha icyo bita ‘access code’ wagereranya n’urufunguzo rwo kwinjira mu cyumba kibitsemo amafaranga.

Murangira yabyise ‘kubaha icyuho’.

Icyo cyuho nicyo avuga ko baciyemo baza kwiba iyo banki.

RIB ivuga ko ibyo byaha bihanishwa hagati y’imyaka ibiri n’imyaka 15 iyo ababikekwaho babihamijwe n’inkiko.

Yaburiye urubyiruko rwo mu Rwanda rushaka kubona amafaranga menshi rutayavunikiye ko bitazaruhira.

Avuga ko mu Rwanda umuntu abona amafaranga yayakoreye.

TAGGED:AmafarangaBankifeaturedMurangiraRIBUbugenzacyahaubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Yo Mu Rwanda Yibwe Miliyoni Frw 100 Mu Buryo Bw’Ikoranabuhanga
Next Article Gucunga Nabi Amashyamba Biri Mubyo Min Mujawamariya Akurikiranyweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?