Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko RIB Yafashe Abantu Bashakaga Gucucura Banki Ikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Uko RIB Yafashe Abantu Bashakaga Gucucura Banki Ikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2024 4:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha buvuga ko abantu barindwi iherutse gufata bashaka kwiba miliyoni Frw 100, abakozi b’uru rwego bari bamaze iminsi babagenda runono.

Kuri uyu wa Kane nibwo yeretse itangazamakuru batandatu muri bo kuko uwa karindwi arwaye indwara itatangajwe.

Bose bafatiwe rimwe taliki 20, Nyakanga, 2024 nyuma y’amakuru RIB yari ibafiteho.

Umuvugizi wayo Dr. Thierry B.Murangira avuga ko abakozi ba RIB bagendaga runono abo bantu kubera amakuru bari bamaze iminsi babafiteho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni amakuru yavugaga ko abo bantu barimo bategura ibitero by’ikoranabuhanga hakoreshejwe icyo yise ‘mudasobwa’.

Bafashwe bamaze kugerageza kwiba miliyoni zijya kwegera Frw 100 ni ukuvuga hafi miliyoni Frw 99.

Murangira avuga ko bafashwe bari kugerageza kubikuza Miliyoni Frw 65, ariko izindi zisigaye ngo buzuje miliyoni 100 bari bamaze kuzisaranganya kuri konti zabo, buri wese aye, aye…

Abagenzacyaha ba RIB bavuga ko bafashe abo bantu bagiye kubikuriza ayo mafaranga muri kimwe mu bihugu bituranye n’u Rwanda yirinze kuvuga izina.

Abo bantu bagabye kiriya gitero kuri imwe muri banki zo mu Rwanda ariko isanganywe ishami hanze yarwo.

- Advertisement -

Murangira ati: “Impamvu bafashwe bajya kuyabikuza mu gihugu cy’abaturanyi ni uko iyo banki isanzwe ifite amashami mu bihugu byo mu biyaga bigari”.

Abo bantu baciye mu ishami ry’iyo banki muri kimwe mu bihugu byo mu Karere bavugana n’umukozi waryo abaha icyo bita ‘access code’ wagereranya n’urufunguzo rwo kwinjira mu cyumba kibitsemo amafaranga.

Murangira yabyise ‘kubaha icyuho’.

Icyo cyuho nicyo avuga ko baciyemo baza kwiba iyo banki.

RIB ivuga ko ibyo byaha bihanishwa hagati y’imyaka ibiri n’imyaka 15 iyo ababikekwaho babihamijwe n’inkiko.

Yaburiye urubyiruko rwo mu Rwanda rushaka kubona amafaranga menshi rutayavunikiye ko bitazaruhira.

Avuga ko mu Rwanda umuntu abona amafaranga yayakoreye.

TAGGED:AmafarangaBankifeaturedMurangiraRIBUbugenzacyahaubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Yo Mu Rwanda Yibwe Miliyoni Frw 100 Mu Buryo Bw’Ikoranabuhanga
Next Article Gucunga Nabi Amashyamba Biri Mubyo Min Mujawamariya Akurikiranyweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?