Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Umutekano Mu Rwanda Wifashe Hagati Ya Mutarama Na Kamena
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Umutekano Mu Rwanda Wifashe Hagati Ya Mutarama Na Kamena

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2023 4:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yavuze ko muri rusange umutekano mu Rwanda uhagaze neza ariko ngo ikibazo gituma Abanyarwanda badatekana ni Ibiza.

Yabivuze mu kiganiro yahaye itangazamakuru cyari cyitabiriwe na Minisitiri w’ubutabera, Umumyamabanga mukuru wa RIB( Rtd) Col Jeannot Ruhunga ndetse n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye

Yatanze urugero rw’uko hagati ya Mutarama na Kamena, 2023  ibiza byangije  inzu 6000, hapfa amatungo 681, bisenya ibyumba by’amashuri 66, ibiraro 63, hangirika na hegitari 1490 z’imirima ihingwa.

Alfred Gasana yavuze ko ibyaha bigaragara mu Rwanda muri iki gihe harimo ubujura bw’intsinda z’amashanyarazi, inkongi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagaragara kandi  gukubira no gukomeretsa, gukoresha ibiyobyabwenge, gusambanya abana no gukora ubucuruzi butemewe,  byose hamwe bihujwe  birengeje 93% by’ibyaha byose biri mu Rwanda.

Ubusinzi buri mu bituma Abanyarwanda benshi bakora ibyaha, izindi mpamvu zikaba amakimbirane mu miryango ashingiye ku mikoreshereze mibi y’umutungo n’ibindi.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana avuga kandi ko ikindi kibangamira umutekano w’Abanyarwanda muri rusange ari impanuka zikorerwa mu mihanda.

Ati: “Umutekano wo mu muhanda nawo si shyashya kuko abantu barapfa, abandi bakahamugarira bya burundu.Muri rusange ibyaha bigaragara mu muhanda umubare munini w’ababigenderamo ni abanyamaguru, abamotari n’abatwara amagare.”

Mu buryo butandukanye n’uko abenshi bashobora kubitekereza, Intara y’Uburasirazuba niyo ikorwamo impanuka nyinshi mu Rwanda.

- Advertisement -

Hakurikiraho Umujyi wa Kigali, Intara y’Uburengerazuba, Amajyepfo agakurikiraho hagataho Intara y’Amajyaruguru.

Ku byerekeye impanuka kandi ibizitera ni byinshi ariko iza ku mwanya wa mbere ukutagabanya umuvuduko aho bikwiye.

Mu biteza umutekano muke, ubusinzi nibwo bufite ijanisha rito kuko bufite iringana na 3%.

Ni ikiganiro gisanzwe gihuza Polisi, RIB n’abanyamakuru
TAGGED:featuredGasanaImpanukaPolisiUbusinziUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imishinga Ikomeye U Rwanda Ruzishimira Mu Mwaka Wa 2024
Next Article Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bukomeje Kwiyongera Mu Banyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?