Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Umutekano Mu Rwanda Wifashe Hagati Ya Mutarama Na Kamena
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Umutekano Mu Rwanda Wifashe Hagati Ya Mutarama Na Kamena

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2023 4:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yavuze ko muri rusange umutekano mu Rwanda uhagaze neza ariko ngo ikibazo gituma Abanyarwanda badatekana ni Ibiza.

Yabivuze mu kiganiro yahaye itangazamakuru cyari cyitabiriwe na Minisitiri w’ubutabera, Umumyamabanga mukuru wa RIB( Rtd) Col Jeannot Ruhunga ndetse n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye

Yatanze urugero rw’uko hagati ya Mutarama na Kamena, 2023  ibiza byangije  inzu 6000, hapfa amatungo 681, bisenya ibyumba by’amashuri 66, ibiraro 63, hangirika na hegitari 1490 z’imirima ihingwa.

Alfred Gasana yavuze ko ibyaha bigaragara mu Rwanda muri iki gihe harimo ubujura bw’intsinda z’amashanyarazi, inkongi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’ibindi.

Hagaragara kandi  gukubira no gukomeretsa, gukoresha ibiyobyabwenge, gusambanya abana no gukora ubucuruzi butemewe,  byose hamwe bihujwe  birengeje 93% by’ibyaha byose biri mu Rwanda.

Ubusinzi buri mu bituma Abanyarwanda benshi bakora ibyaha, izindi mpamvu zikaba amakimbirane mu miryango ashingiye ku mikoreshereze mibi y’umutungo n’ibindi.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana avuga kandi ko ikindi kibangamira umutekano w’Abanyarwanda muri rusange ari impanuka zikorerwa mu mihanda.

Ati: “Umutekano wo mu muhanda nawo si shyashya kuko abantu barapfa, abandi bakahamugarira bya burundu.Muri rusange ibyaha bigaragara mu muhanda umubare munini w’ababigenderamo ni abanyamaguru, abamotari n’abatwara amagare.”

Mu buryo butandukanye n’uko abenshi bashobora kubitekereza, Intara y’Uburasirazuba niyo ikorwamo impanuka nyinshi mu Rwanda.

Hakurikiraho Umujyi wa Kigali, Intara y’Uburengerazuba, Amajyepfo agakurikiraho hagataho Intara y’Amajyaruguru.

Ku byerekeye impanuka kandi ibizitera ni byinshi ariko iza ku mwanya wa mbere ukutagabanya umuvuduko aho bikwiye.

Mu biteza umutekano muke, ubusinzi nibwo bufite ijanisha rito kuko bufite iringana na 3%.

Ni ikiganiro gisanzwe gihuza Polisi, RIB n’abanyamakuru
TAGGED:featuredGasanaImpanukaPolisiUbusinziUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imishinga Ikomeye U Rwanda Ruzishimira Mu Mwaka Wa 2024
Next Article Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bukomeje Kwiyongera Mu Banyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?