Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubano W’Afurika N’Uburusiya Warakaje Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umubano W’Afurika N’Uburusiya Warakaje Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2023 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe i Moscow bishimira ko hari ibihugu by’Afurika byitabiriye Inama yabihuje n’Uburusiya, i Washington ho mu maso harijimwe.

Hijimye kubera ko ubutegetsi bwa Biden butishimiye ko hari umubano ugaragara kandi ukomeye hagati y’Uburusiya na bimwe mu bihugu by’Afurika.

Umujinya w’Amerika watangajwe n’Umunyamabanga w’Amerika wungirije ushinzwe iby’ubukungu, kurwanya iterabwoba n’ibyaha by’ubukungu witwa Brian Nelson.

Yabwiye Perezida wa Kenya William Ruto ko ibihugu byumva ko bikwiye gukorana n’Uburusiya ndetse na Iran biri kwishyira mu muhezo kuko bishobora kuzabigiraho ingaruka mu gihe kiri imbere.

Kuri Amerika, gukorana na Iran n’Uburusiya ni ukwisibira amayira.

Nelson avuga ko kuba Uburusiya na Iran biri mu kato mu rwego rw’isi, ari byo bituma bishaka abandi byakorana nabo.

Ni mu rwego rwo kwivana mu bwigunge.

Ibyo Nelson avuga kandi bireba na Kenya kuko iherutse kwakira Perezida wa Iran witwa Ebrahim Raisi wasuye Nairobi mu gihe gito gishize.

Yarahavuye ajya i Kampala nyuma akomereza i Harare muri Zimbabwe.

Brian Nelson yabwiye The East African ko Amerika idashaka kugira uwo ari we wese itegeka uwo akorana nawe, ariko ngo amahitamo ya buri gihugu agomba gukorwa hazirikanwa ingaruka bizagira.

TAGGED:AfurikaAmerikaBurusiyafeaturedKenyaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Ubukangurambaga Bwo Kwirinda Ubwandu Bwa SIDA Burakomeje
Next Article Kagame Yakiriye Brammertz Ushinja Abaregwa Jenoside Yakorewe Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?