Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umucamanza W’I Nyamagabe Yafunzwe Akurikiranyweho Ruswa ya Frw 30 000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umucamanza W’I Nyamagabe Yafunzwe Akurikiranyweho Ruswa ya Frw 30 000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2021 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umucamanza witwa  Nyaminani yatawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ruswa. Hari hashize igihe gito Urukiko rw’Ikirenga rumukuyeho ubudahangarwa. Amakuru Taarifa yamenye avuga ko afunzwe akurikiranyweho kwakira ruswa ya Frw 30 000

Bwana Nyaminani yari asanzwe ari umucamanza mu rukiko rw’ibanze rw’Akarere ka Nyamagabe ruri mu Murenge wa Gasaga.

Afungiye ku biro bya RIB biri ku murenge wa  Gasaka muri Nyamagabe.

Kuri Twitter y’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha handitse ko hari iperereza rigikorwa kuri uyu mugabo.

Rusaba kandi abantu bose kuzibukira ruswa, bakarya ayo baruhiye aho gushakira amaronko ku bandi.

Inzego zishinzwe z’ubutabera zikunze kuvugwaho ruswa.

Ibyegeranyo bisohorwa n’Umuryango uharanira kurwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, ruvuga ko inzego zirimo ubucamanza, ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha ziri mu zikunze kugaragaraho kwakira ruswa.

Perezida Kagame ahora abasaba kubireka…

 

Umukuru w’igihugu Paul Kagame aherutse kwakira indahiro y’abacamanza mu nkiko zitandukanye.

Hari tariki 14, Gicurasi, 2021. Icyo gihe yabibukije ko bidakwiriye guhohotera abaturage babaka ruswa kandi amajyambere bagezeho barayabonye biyushye akuya.

Perezida Kagame asaba abakora mu butabera kuzibukira ruswa bakaba intangarugero

Yasabye abakora mu butabera gukurikiranira hafi uko ubukungu bw’u Rwanda buzamuka ariko bakirinda kubusubiza inyuma binyuze muri ruswa cyangwa indi migirire idakwiye.

Perezida Kagame yavuze ko abakora mu rwego rw’ubutabera bagombye kuba ari bo ba mbere bagaragaza ubutabera mu bantu kugira ngo ababagana babagane badaseta ibirenge.

Yababwiye ko iyo abaturage babona ko mu bucamanza harimo ruswa bituma batabwizera.

TAGGED:featuredKagameNyamagabePereziadaRIBUmucamanzaUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hadutse ‘Ubundi Bwoko’ Bwa COVID-19
Next Article Cécile Kayirebwa Yafatiwe Mu Bantu 54 Bitabiriye Imihango Yo Gusaba No Gukwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?