Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umucamanza W’I Nyamagabe Yafunzwe Akurikiranyweho Ruswa ya Frw 30 000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umucamanza W’I Nyamagabe Yafunzwe Akurikiranyweho Ruswa ya Frw 30 000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2021 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umucamanza witwa  Nyaminani yatawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ruswa. Hari hashize igihe gito Urukiko rw’Ikirenga rumukuyeho ubudahangarwa. Amakuru Taarifa yamenye avuga ko afunzwe akurikiranyweho kwakira ruswa ya Frw 30 000

Bwana Nyaminani yari asanzwe ari umucamanza mu rukiko rw’ibanze rw’Akarere ka Nyamagabe ruri mu Murenge wa Gasaga.

Afungiye ku biro bya RIB biri ku murenge wa  Gasaka muri Nyamagabe.

Kuri Twitter y’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha handitse ko hari iperereza rigikorwa kuri uyu mugabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rusaba kandi abantu bose kuzibukira ruswa, bakarya ayo baruhiye aho gushakira amaronko ku bandi.

Inzego zishinzwe z’ubutabera zikunze kuvugwaho ruswa.

Ibyegeranyo bisohorwa n’Umuryango uharanira kurwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, ruvuga ko inzego zirimo ubucamanza, ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha ziri mu zikunze kugaragaraho kwakira ruswa.

Perezida Kagame ahora abasaba kubireka…

 

- Advertisement -

Umukuru w’igihugu Paul Kagame aherutse kwakira indahiro y’abacamanza mu nkiko zitandukanye.

Hari tariki 14, Gicurasi, 2021. Icyo gihe yabibukije ko bidakwiriye guhohotera abaturage babaka ruswa kandi amajyambere bagezeho barayabonye biyushye akuya.

Perezida Kagame asaba abakora mu butabera kuzibukira ruswa bakaba intangarugero

Yasabye abakora mu butabera gukurikiranira hafi uko ubukungu bw’u Rwanda buzamuka ariko bakirinda kubusubiza inyuma binyuze muri ruswa cyangwa indi migirire idakwiye.

Perezida Kagame yavuze ko abakora mu rwego rw’ubutabera bagombye kuba ari bo ba mbere bagaragaza ubutabera mu bantu kugira ngo ababagana babagane badaseta ibirenge.

Yababwiye ko iyo abaturage babona ko mu bucamanza harimo ruswa bituma batabwizera.

TAGGED:featuredKagameNyamagabePereziadaRIBUmucamanzaUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hadutse ‘Ubundi Bwoko’ Bwa COVID-19
Next Article Cécile Kayirebwa Yafatiwe Mu Bantu 54 Bitabiriye Imihango Yo Gusaba No Gukwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?