Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuceri Kagame Yavuze Ko Wapfiriye Abahinzi Ubusa Wabonye Abaguzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Umuceri Kagame Yavuze Ko Wapfiriye Abahinzi Ubusa Wabonye Abaguzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2024 2:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangaje ko bitazageza kuri uyu wa Mbere taliki 19, Kanama, 2024 toni z’umuceri zari zaraheze ku mbuga mu mirenge y’akarere ayobora zitabonye abaguzi.

Hashize igihe gito kuri Radio/TV10 hatambutse inkuru y’abahinzi batakambaga ko babuze aho bagurisha toni nyinshi z’umuceri bejeje kandi bari barijejwe isoko.

Ni abahinzi bo mu Mirenge ya Bugarama, Muganza na Nyakabuye muri Rusizi babari barawuhinze mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi.

Perezida Kagame aherutse kugaruka kuri iki kibazo, avuga ko bigayitse kubona abayobozi barashishikarije abahinzi guhinga igihingwa ngo bihaze mu biribwa banasagurire isoko cyakwera kikaborera ku mbuga.

Kagame aherutse kugaruka kuri iki kibazo

Yabivuze ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe n’Abadepite mu minsi micye ishize.

Bidateye kabiri hahise hasohoka urutonde rw’abagize Guverinoma bashya ariko uwari ushinzwe Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda Prof Ngabitsinze ntiyagarukamo.

Ntawamenya niba ikibazo cy’uriya muceri ari cyo cyamuvanye mu ntebe ariko birashoboka cyane kuko Kagame yavuze ko ‘hari ugomba kubibazwa byanze bikunze’

Amakuru aturuka i Rusizi aremeza ko Umuyobozi w’aka Karere Dr. Anaclet Kibiriga yavuga ko toni zose zuriya muceri ziri burare zipakiwe kandi koperative zawuhinze zose zikarara zishyuwe.

Ubuyobozi bwa Rusizi buvugako ku mbuga hari umuceri ungana na Toni 350 naho uri mu bubiko hakaba toni 8000.

Ikigo kitwa EAX ( East Africa Exchange) nicyo cyaguze uwo muceri ndetse amakuru Taarifa ifite aremeza ko hari amakamyo yatangiye kujya kuwutunda.

TAGGED:AbahinzifeaturedKagameKibirigaRusiziUmuceri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Harabura Amasaha Macye Ngo Guverinoma Irahire
Next Article Muhanga: Arakekwaho Gusambanya Umukobwa We Ufite Ubumuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?