Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umudipolomate Wo Muri DRC Yafatanywe Ibiyobyabwenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Umudipolomate Wo Muri DRC Yafatanywe Ibiyobyabwenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2025 10:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bakurikiranyweho kwiba
SHARE

Leta ya Bulgaria yafashe Umudipolomate wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abandi bantu babiri bashaka kwinjiza ibiyobyabwenge muri iki gihugu bifite agaciro ka Miliyoni $ 50.

Bafashwe tariki 18 Nyakanga 2025 bafatirwa ku mupaka uhuza Bulgaria na Turkiya nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe gasutamo n’ubushinjacyaha bw’Akarere ka Haskovo.

Ubushinjacyaha bw’iki gihugu bwahise butanga ikirego cy’uwitwa JM w’imyaka 40 ukomoka muri DRC, wakoreshaga pasiporo y’abadipolomate.

Abo bantu babiri bafatiwe muri icyo gikorwa, barimo umugore w’imyaka 54 ukomoka mu Bubiligi ndetse n’Umunya-Bulgaria wari utwaye iyo modoka.

Aba bose bakekwaho icyaha cyo gushaka kwinjiza ibiyobyabwenge babyambukije umupaka wa Kapitan Andreevo ugabanya imbibi za Bulgaria na Turkiya.

Bivugwa ko aba bantu bari batwaye imodoka ifite ibirango (Plate number) byo muri Bulgaria, basanganywe ibiro 205.94 by’ikiyobyabwenge cya cocaine cyari gipakiwe mu mavarisi atanu.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu, yasobanuye ko ingano y’ibiyobyabwenge bwafatanywe aba bantu, ari wo mubare munini wa cocaine yigeze gufatirwa ku butaka bwa Bulgaria.

Umushinjacyaha w’Akarere ka Haskovo Ivan Stoyano yavuze ko bahise batabwa muri yombi mu gihe kingana n’amasaha 72 mbere y’uko dosiye yabo ishyikirizwa ubushinjacyaha. Yongeyeho kandi ko ibyo baregwa bihanishwa igifungo kuva ku myaka 15 kugeza kuri 20 n’ihazabu y’amafaranga yo muri Bulgaria angana 200.000 kugeza 300.000.

TAGGED:AmapinguCongoUmudipolomate
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yasinyanye Na Amerika Amasezerano Yo Gucukura Amabuye Y’Agaciro
Next Article IGP Namuhoranye Araburira Urubyiruko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?