Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba Mukuru w’Ingabo Za RDC Ari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umugaba Mukuru w’Ingabo Za RDC Ari Mu Rwanda

admin
Last updated: 10 November 2021 6:41 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) Gen Célestin Mbala Munsense ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, rugamije kurebera hamwe ibibazo by’umutekano n’urugamba rwo guhangana n’imitwe y’iterabwoba.

Gen Mbala ari mu Rwanda nyuma y’uko ku Cyumweru hari bamwe mu bayobozi bo muri Congo bavuze ko abarwanyi ba M23 bateye mu bce bya Rutshuru baturutse mu Rwanda, imvugo yanashimangiwe n’ibinyamakuru byinshi byo muri Uganda.

Mu itangazo yasohoye icyo gihe, RDF yavuze ko “nta ruhare ibifitemo ndetse idashyigikira ibikorwa ibyo ari byo byose by’umutwe wahoze witwa M-23.”

Yakomeje iti “Umutwe wahoze ari M23 uvugwa ntabwo wigeze uhungira mu Rwanda ubwo wahungaga DRC mu 2013, ahubwo wagiye muri Uganda aho iki gitero cyaturutse, ari naho uwo mutwe witwaje intwaro waje gusubira.”

Ahubwo ngo abavuga ibyo “ni icengezamatwara rigamije guhungaanya umubano mwiza urangwa hagati y’u Rwanda na DRC.”

I Kigali, Gen Mbala n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’u Rwanda, burangajwe imbere na Gen Jean Bosco Kazura.

RDF yatangaje ko uruzinduko rwa Gen Mbala rwibanze ku bibazo by’umutekano mu karere n’urugamba rwo guhangana n’imitwe y’iterabwoba.

Yagize ati “Itsinda ryacu riri hano ngo tuganire kuri gahunda yashyizweho hamwe n’ibihugu by’abaturanyi bacu mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ibindi bibazo bihanganyikishije ibi bihugu. Ibi bijyanye n’imyanzuro y’Ubumwe bwa Afurika yo guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo bibangamiye iterambere duhuriyeho.”

Gen Mbala Munsense yanavuze ko ibiganiro byibanze ku guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku mipaka y’bihugu byombi, hagamijwe gushimangira umubano uganisha ku iterambere.

Yanagarutse ku kibazo cy’ibiheruka kuvugwa ko umutwe wa M23 wateye muri Congo uturutse mu Rwanda na Uganda, yanga kugira byinshi akivugaho.

Ati “Twahisemo guha umwanya Itsinda rihuriweho rishinzwe kugenzura ibibazo bijyana n’imipaka (EJVM) ngo rikore akazi karyo, rikazaduha imirongo twashingiraho muri cyo kibazo.”

Uretse iki kibazo cya M23, Ingabo z’u Rwanda na FARDC ziheruka kugirana ikibazo ubwo RDF yakurikiranaga abantu bari binjiye mu Rwanda bitwaje ibintu bitahise bimenyekana, bigakekwa ko bitwaje intwaro. Baje kwisanga bageze ku butaka bwa RDC.

Gen Mbala yakirwa ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura
Yaganiriye n’abayobozi bakuru ba RDF
Ifoto y’urwibutso nyuma y’ibiganiro ku Kimihurura
TAGGED:FARDCfeaturedGen Célestin Mbala MunsenseJean Bosco KazuraRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yasabye Abakobwa Kujya Mu Masomo Iterambere Ryubakiyeho
Next Article Kaminuza Mpuzamahanga Y’Ubuzima Mu Bufatanye N’Abahanzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?