Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba Mukuru w’Ingabo Za RDC Ari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umugaba Mukuru w’Ingabo Za RDC Ari Mu Rwanda

Last updated: 10 November 2021 6:41 pm
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) Gen Célestin Mbala Munsense ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, rugamije kurebera hamwe ibibazo by’umutekano n’urugamba rwo guhangana n’imitwe y’iterabwoba.

Gen Mbala ari mu Rwanda nyuma y’uko ku Cyumweru hari bamwe mu bayobozi bo muri Congo bavuze ko abarwanyi ba M23 bateye mu bce bya Rutshuru baturutse mu Rwanda, imvugo yanashimangiwe n’ibinyamakuru byinshi byo muri Uganda.

Mu itangazo yasohoye icyo gihe, RDF yavuze ko “nta ruhare ibifitemo ndetse idashyigikira ibikorwa ibyo ari byo byose by’umutwe wahoze witwa M-23.”

Yakomeje iti “Umutwe wahoze ari M23 uvugwa ntabwo wigeze uhungira mu Rwanda ubwo wahungaga DRC mu 2013, ahubwo wagiye muri Uganda aho iki gitero cyaturutse, ari naho uwo mutwe witwaje intwaro waje gusubira.”

Ahubwo ngo abavuga ibyo “ni icengezamatwara rigamije guhungaanya umubano mwiza urangwa hagati y’u Rwanda na DRC.”

I Kigali, Gen Mbala n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’u Rwanda, burangajwe imbere na Gen Jean Bosco Kazura.

RDF yatangaje ko uruzinduko rwa Gen Mbala rwibanze ku bibazo by’umutekano mu karere n’urugamba rwo guhangana n’imitwe y’iterabwoba.

Yagize ati “Itsinda ryacu riri hano ngo tuganire kuri gahunda yashyizweho hamwe n’ibihugu by’abaturanyi bacu mu guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ibindi bibazo bihanganyikishije ibi bihugu. Ibi bijyanye n’imyanzuro y’Ubumwe bwa Afurika yo guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo bibangamiye iterambere duhuriyeho.”

Gen Mbala Munsense yanavuze ko ibiganiro byibanze ku guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku mipaka y’bihugu byombi, hagamijwe gushimangira umubano uganisha ku iterambere.

Yanagarutse ku kibazo cy’ibiheruka kuvugwa ko umutwe wa M23 wateye muri Congo uturutse mu Rwanda na Uganda, yanga kugira byinshi akivugaho.

Ati “Twahisemo guha umwanya Itsinda rihuriweho rishinzwe kugenzura ibibazo bijyana n’imipaka (EJVM) ngo rikore akazi karyo, rikazaduha imirongo twashingiraho muri cyo kibazo.”

Uretse iki kibazo cya M23, Ingabo z’u Rwanda na FARDC ziheruka kugirana ikibazo ubwo RDF yakurikiranaga abantu bari binjiye mu Rwanda bitwaje ibintu bitahise bimenyekana, bigakekwa ko bitwaje intwaro. Baje kwisanga bageze ku butaka bwa RDC.

Gen Mbala yakirwa ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura
Yaganiriye n’abayobozi bakuru ba RDF
Ifoto y’urwibutso nyuma y’ibiganiro ku Kimihurura
TAGGED:FARDCfeaturedGen Célestin Mbala MunsenseJean Bosco KazuraRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yasabye Abakobwa Kujya Mu Masomo Iterambere Ryubakiyeho
Next Article Kaminuza Mpuzamahanga Y’Ubuzima Mu Bufatanye N’Abahanzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?