Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Filimi Yakozwe N’Abanyarwanda Yatsindiye Igihembo Muri Maroc
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Filimi Yakozwe N’Abanyarwanda Yatsindiye Igihembo Muri Maroc

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2022 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

‘A Taste of Our Land’ ni filimi yakozwe n’Abanyarwanda ariko ikinwamo n’Umugande witwa Michael Wawuyo Sr iherutse gushimirwa kuba filimi yakozwe n’abagabo ikoze neza.

Yahawe igihembo bita  Best Male award kubera uburyo uriya mukinnyi yagaragaje ubuhanga mu gukina yerekena uko Abashinwa bakoresha Abanyafurika agatunambwenu kandi ku mafaranga y’intica ntikize.

Filimi  A Taste of  Our Land yamuritswe muri iserukiramuco rya filimi nyafurika riherutse kubera muri Maroc ryiswe Festival du Cinéma Africain de Khouribga.

Ni filimi imara iminota 84 ikaba iyoborwa n’Umunyarwanda witwa Yuhi Amuri, yanditswe mu Cyongereza ikaba yerekana mu gihugu kitavugwa izina uko umugabo ukina yitwa Yohani yaje guhura n’ibibazo by’abagabo agakubitika.

Yohani uyu yari afite umugore aza kumutera inda. Bucyeye ubukene bwurira igitanda abonye bikomeye atangira uko azabigenza cyane cyane ko umugore we yari akuriwe.

Mu buryo butunguranye Yohani yaje kubona ahantu zahabu arayitora ayijyana ku Mushinwa ngo ayimugurire abone uko ahahira umugore we.

Kubera ko Umushinwa yari azi agaciro k’iri buye, yamuhaye amadolari $100.

Umugabo yarayafashe ajya guhahira urugo rwe, ariko aza kuganira n’abaturanyi bamubwira ko burya rya buye rifite agaciro kanini cyane kurusha $100 yahawe n’Umushinwa.

Byatumye Yohani yiyemeza gushakisha zahabu aho iri hose kugira ngo abone iyo ashyira Umushinwa nawe amuhe amafaranga.

Guhangayikira urugo rwe byatumye Yohani aba umucakara w’Abashinwa

Ibi byahaye Umushinwa uburyo bwo gukoresha Yohani nk’indogobe k’uburyo bukomeye kandi butarimo ubumuntu.

Abarebye iriya filimi bavuga ko ari filimi yerekana neza agahinda abakora mu bigo by’Abashinwa bicukura amabuye y’agaciro muri Afurika babayeho.

Byatumye ihabwa cya gihembo twavuze haruguru.

Iserukiramuco Festival du Cinéma Africain de Khouribga ryitabiriwe n’ibihugu Cameroon, Chad, Burkina Faso, Algeria, Tunisia, u Rwanda, Namibia, Senegal, Zambia, Côte d’Ivoire, Misiri na Niger.

Yuhi Amuri yakoze kandi filimi zakunzwe zirimo iyo yise Ishaba (2015) n’iyo yise Akarwa (2017).

 

TAGGED:featuredFilimiNyarwandaRwandaUmushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imiterere Ya Stade Amahoro Nshya
Next Article Lithium: Ibuye Ry’Agaciro Kayingayinga Aka Zahabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?