Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba Mukuru w’Ingabo Za Tanzania Ari Mu Ruzinduko Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Umugaba Mukuru w’Ingabo Za Tanzania Ari Mu Ruzinduko Mu Rwanda

admin
Last updated: 24 August 2021 6:19 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania (TPDF), General Venance Mabeyo, ari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, rugamije gutsura umubano n’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda yatangaje ko Gen Mabeyo yatangiye uru ruzinduko ku wa 23 Kanama, akazarusoza ku wa 26 Kanama 2021.

Kuri uyu wa Kabiri yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo Maj General Albert Murasira, nyuma aza kugirana ibiganiro na mugenzi we Gen J Bosco Kazura. Byabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura.

Gen Mabeyo yavuze ko uruzinduko rwe rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya TPDF na RDF.

Ni urugendo yakoze nyuma y’urwo Gen J Bosco Kazura yagiriye muri Tanzania muri Gicurasi 2021. Icyo gihe yajyanye n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Dan Munyuza.

Gen Kazura Na IGP Munyuza Bagiriye Uruzinduko Muri Tanzania

Gen Mabeyo yavuze ko bene izi ngendo ari ingenzi kuko zigaragaza ubwizerane hagati y’inzego za gisirikare ku mpande zombi.

Gen Mabeyo n’intumwa zamuherekeje bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, banasura Ingoro y’urugamba rwo kubohora Igihugu iri mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko.

Biteganyijwe ko azanasura Ishuro Rikuru rya Gisirikare n’Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ni umudugudu wubatswe ku bufatanye n’ingabo z’u Rwanda, watanshywe ku munsi mukuru wo Kwibohora, ku wa 4 Nyakanga.

 

TAGGED:featuredGeneral Jean Bosco KazuraGeneral Venance MabeyoRDFTanzaniaTPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwahaye Ikaze Abanyeshuri Bahungishijwe Muri Afghanistan
Next Article Polisi y’u Rwanda Yasinyanye Amasezerano n’Iya Lesotho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranwa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?