Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba W’Ingabo Za Benin Mu Rwanda Mu Ruzinduko Rw’Imikoranire Na RDF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugaba W’Ingabo Za Benin Mu Rwanda Mu Ruzinduko Rw’Imikoranire Na RDF

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2022 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI niwe mugaba mukuru w’ingabo za Benin. Ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kuganira n’ingabo z’u Rwanda uko ingabo z’u Rwanda n‘iza Benin zakorana.

Yakiririwe ku kicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura aganira na mugenzi we uyobora ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura.

Brig Gen Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI yabwiye itangazamakuru ko yaje mu Rwanda yoherejwe na Perezida Patrice Talon kugira ngo amugereze ubutumwa kuri mugenzi uyobora u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame.

Uyu musirikare mukuru kandi yasuye n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi.

Mbere y’uko asura u Rwanda, Perezida Talon yari yarohereje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Bénin, Aurélien Agbenonci, mu Rwanda azaniye Perezida Kagame ubutumwa yari yamugeneye.

Ubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Benin yaganiraga na Perezida Kagame, ku ruhande rw’u Rwanda hari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura; Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, IGP Dan Munyuza ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza n’Umutekano, Gen Maj Joseph Nzabamwita.

Hari amakuru avuga ko u Rwanda rushobora kuba ruri mu biganiro na Benin by’uko rwazoherezayo ingabo.

Ntabwo biratangazwa n’Urwego urwo ari rwo rwose rwa Leta ku mpande zombi( u Rwanda na Benin).

Icyakora Perezida Paul Kagame yigeze gutangaza ko hari ibihugu u Rwanda ruteganya kuzoherezamo ingabo ariko ntiyavuze ibyo ari byo.

TAGGED:BéninfeaturedIngaboKazuraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 50% By’Umusaruro Mbumbe W’Isi Bifitanye Isano N’Urusobe Rw’Ibinyabuzima
Next Article M 23 Yashyizeho Inzego Z’Ubuyobozi Bwa Politiki Mu Bice Yafashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?