Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo Ukekwaho Gukwirakwiza ‘Mukorogo’ I Kigali Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugabo Ukekwaho Gukwirakwiza ‘Mukorogo’ I Kigali Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2021 9:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe umugabo w’imyaka 33 ukekwaho gukwirakwiza mu Mujyi wa Kigali amavuta atemewe ahindura uruhu, azwi ku izina rya mukorogo.

Yatangaje ko yafashwe ku wa 23 Mata atwaye ayo mavuta kuri moto, afatirwa mu isoko rya Karama mu Kagari ka Nyabugogo, mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Uwo mugabo yemereye polisi ko yari umukozi wahawe akazi ko kujya agemurira ayo mavuta abacuruzi batandukanye mu masoko yo mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyarugenge SSP Jackline Urujeni yavuze ko uwo mugabo yafatanywe amoko agera kuri 11 y’amavuta yo kwisiga atemewe, harimo ayitwa Carolight, Diproson, Mediven, White Max, Delmasol n’andi atandukanye.

Ati ”Abaturage baduhaye amakuru ko hari umuntu ugenda ukwirakwiza  amavuta atemewe ahindura uruhu. Yafashwe afite igikapu kinini cyuzuyemo ayo mavuta atemewe mu Rwanda, yavuze ko ayahabwa n’umukoresha we ngo akaba yaramuhaye akazi ko kujya ayamugereza ku bakiliya be bacururiza mu Mujyi wa Kigali.”

Yasabye abaturage gukomeza kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe. Yaburiye bamwe mu bagicuruza amavuta atemewe ko babicikaho, kuko Polisi ifatanyije n’izindi nzego batazahwema kugenzura abagicuruza ayo mavuta, bakabihanirwa.

Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakorwe iperereza.

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 266 ivuga ko umuntu wese ukora; ugurisha; utanga ibintu bibujijwe birimo umuti, ibintu bihumanya, ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri, ibindi bikomoka ku bimera; aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko itarenze miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:mukorogoPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Premier League Igiye Gutera Umugongo Imbuga Nkoranyambaga Mu Minsi Ine
Next Article Jay Polly Mu Bantu 12 Bafatiwe Mu Birori Bafite Ibiyobyabwenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?