Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo Wavuye i Kigali Akicira Ababyeyi Be i Nyamasheke YAFASHWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugabo Wavuye i Kigali Akicira Ababyeyi Be i Nyamasheke YAFASHWE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2022 6:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Eliezer w’imyaka 34 y’amavuko uherutse kwica ababyeyi be abateye icyuma yaraye afashwe. Ubuyobozi  nibwo bw’Umurenge wa Kanjongo aho ayo mahano yabereye nibwo bwaraye bubibwiye itangazamakuru.

Mushiki we wiwa Dative Nyirahaguma we yeruye avuga ko musaza we yice ababyeyi babo akoresheje inkota yabateye mu ijosi.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke.

Amakuru avuga ko yari asanzwe afitanye amakimbirane n’iwabo ashingiye ku masambu.

Mu minsi yatambutse ngo ababyeyi be bamuhaye umunani arawugurisha asigara avuga ko igice cy’ubutaka bari basigaranye bazagitunga atakiriho.

Kubera ko yumvaga ko bagomba kumuha iyo sambu yose byanze bikunze, ngo yasubiye muri Kanjongo kugira ngo  abice hanyuma azayigarurire cyangwa se niyo yafungwa nabo ntibazayigumane.

Ubwo yahageraga yasanze umwuzukuru wa bariya babyeyi be yagiye muri Korali, yinjira mu gikoni ahasanga Nyina amutera icyuma(mushiki we avuga ko ari inkota) mu ijosi, umusaza ( Se w’uyu mugabo) atabaye nawe arayimutera.

Imwe mu mpamvu zitera amakimbirane mu ngo ni imitungo irimo n’amasambu.

Ikibazo cy’amasambu gikunze kugaragara mu cyaro kuko ariyo ubuzima bw’aho busa n’aho bushingiyeho hafi ya bwose.

Mushiki we asobanura uburara bwa Eliezer…

Nyirahaguma Dative mushiki wa Eliezer yabwiye itangazamakuru  ko ari umwana wa munani  mu bana icyenda umuryango wabo wabyaye.

Musaza we ngo  yize amashuri agera mu mwaka wa kabiri w’ayisumbuye, ariko ishuri ararireka ajya kuba inzererezi i Kamembe.

Avuga ko ubwo umuhererezi iwabo yari agiye gushyingirwa, uyu musore yashyize ku nkeke ababyeyi be, abasaba ko na we bamukorera ubukwe kuko afite umukunzi.

Ababyeyi bahise bamuha umunani, undi ashaka kuwugurisha baramwangira, kuko bangaga ko yazabura ikimutunga ejo hazaza kuko  nta handi hantu yagiraga.

Intandaro y’amakimbirane n’ababyeyi yahise ivuka.

Nyuma ngo yagiye kubana na wa mukunzi we, bajya i Kigali, ariko na we barananiranwa.

Ubuyobozi bw’Umurenge i Kanombe muri Kigali bwaje kubatandukanya, umugore ajyana umwana umwe bari bafitanye, ariko ngo yahavuye anatwite.

Nyuma baje kongera gusubirana. Eliezer ngo yahoraga ahamagara ababyeyi ababwira ko kuva baramwangiye kugurisha umunani we azaza akabica nta n’umwe azize.

Dative ati: “Mu gihe yari amaze iminsi ahamagara kuri telefoni abwira Papa na Mama n’abandi bo mu muryango ko bamwitegura , ko agiye kuzaza agarika ingogo, ku Cyumweru tariki 31 Nyakanga, 2022 ubwo nari mvuye gusenga, Mama yambwiye ko ari kunsezeraho kuko amuhamagara buri munsi amubwira ko agiye kuza kubica niba bakomeje kumwangira kugurisha umunani we.”

Uyu mugore( ni ukuvuga mushiki wa Eliezer) ngo yabwiye umubyeyi we ko uyu muhungu(musaza we) ari kubetera ubwoba atabikora.

Icyo yitaga kubatera ubwoba cyarangiye kibaye impamo none yarabahitanye.

Eliezer kandi ngo yigeze gutega Se igico ngo amuhitane aza guteshwa n’abaturage.

Ariko yaje kubyigamba amubwira ko ubutaha atazamuhusha kuko ngo igitero cya mbere ‘yagikoze nabi.’

 

TAGGED:AbabyeyifeaturedIcyumaInkotaKanjongoNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Toni 170,000 By’Ibinyampeke Byari Byaraheze Muri Ukraine Biri Mu Nzira Bijyanwa Aho Bigenewe
Next Article ‘Abagabo B’i Gisagara’ Baratabaza Kubera Abagore Babajujubije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?