Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaMu Rwanda

Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza, Prince Philip, azashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu mu muhango byemejwe ko uzitabirwa n’abantu 30 gusa, kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Mu isengesho ryo kumusezeraho bwa nyuma rizabera muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu George mu gace ka Windsor, kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata, hazaba hari abantu bake cyane bagize umuryango w’ibwami.

Abana bane ba Philip bazagenda bakikije Jaguar Land Rover izaba itwaye umurambo we, ubwo izaba yerekeza mu rusengero aho kumusezeraho bizabera. Abo ni ibikomangoma Charles, Andrew, Edward n’Igikomangomakazi Anne.

Byemejwe ko ku murongo w’imbere hazaba hari Igikomangomakazi Anne n’Igikomangoma Charles, bagakurikirwa n’ibikomangoma Edward na Andrew. Abuzukuru be Igikomangoma William na Harry bazakurikira imodoka bari ku murongo wa gatatu.

Bigaragara ko Igikomangoma William n’Igikomangoma Harry batazagenda begeranye, hagati yabo hazaba harimo mubyara wabo Peter Philips.

Abazitabira bose bazaba bambaye udupfukamunwa kandi bahanye intera mu kwirinda COVID-19. Umwamikazi we azaba yicaye wenyine.

Umuvugizi w’ingoro y’ubwami bw’u Bwongereza yavuze ko uburyo bwo gushyingura uyu mugabo bwavuguruwe bijyanye n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, ariko buhura n’ibyo yifuje mbere yo gupfa.

Umwamikazi yasabye ko nta munyamuryango w’ibwami ugomba kuzambara imyenda ya gisirikare muri uyu muhango.

Ni igisubizo kuri Prince Harry na Prince Andrew bemeje ko batakiri mu nshingano za gisirikare, ku buryo hibazwaga niba kuri iyi nshuro bazambara gisirikare.

Prince Philip yaguye muri Windsor Castle ku wa 9 Mata, afite imyaka 99. Yari amaze imyaka 73 ashyingiranywe na Elisabeth II.

Umurambo we uzagenda muri Jaguar Land Rover, we ubwe yagize uruhare mu gushushanya.

TAGGED:Elisabeth IIfeaturedPrince Philip
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Kamonyi Grenade Yaturikanye Umusore
Next Article Ihurizo Kuri Tshisekedi: Abadepite Bahoranye Na Kabila Ngo Yarabatengushye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?