Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaMu Rwanda

Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza, Prince Philip, azashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu mu muhango byemejwe ko uzitabirwa n’abantu 30 gusa, kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Mu isengesho ryo kumusezeraho bwa nyuma rizabera muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu George mu gace ka Windsor, kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata, hazaba hari abantu bake cyane bagize umuryango w’ibwami.

Abana bane ba Philip bazagenda bakikije Jaguar Land Rover izaba itwaye umurambo we, ubwo izaba yerekeza mu rusengero aho kumusezeraho bizabera. Abo ni ibikomangoma Charles, Andrew, Edward n’Igikomangomakazi Anne.

Byemejwe ko ku murongo w’imbere hazaba hari Igikomangomakazi Anne n’Igikomangoma Charles, bagakurikirwa n’ibikomangoma Edward na Andrew. Abuzukuru be Igikomangoma William na Harry bazakurikira imodoka bari ku murongo wa gatatu.

Bigaragara ko Igikomangoma William n’Igikomangoma Harry batazagenda begeranye, hagati yabo hazaba harimo mubyara wabo Peter Philips.

Abazitabira bose bazaba bambaye udupfukamunwa kandi bahanye intera mu kwirinda COVID-19. Umwamikazi we azaba yicaye wenyine.

Umuvugizi w’ingoro y’ubwami bw’u Bwongereza yavuze ko uburyo bwo gushyingura uyu mugabo bwavuguruwe bijyanye n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, ariko buhura n’ibyo yifuje mbere yo gupfa.

Umwamikazi yasabye ko nta munyamuryango w’ibwami ugomba kuzambara imyenda ya gisirikare muri uyu muhango.

Ni igisubizo kuri Prince Harry na Prince Andrew bemeje ko batakiri mu nshingano za gisirikare, ku buryo hibazwaga niba kuri iyi nshuro bazambara gisirikare.

Prince Philip yaguye muri Windsor Castle ku wa 9 Mata, afite imyaka 99. Yari amaze imyaka 73 ashyingiranywe na Elisabeth II.

Umurambo we uzagenda muri Jaguar Land Rover, we ubwe yagize uruhare mu gushushanya.

TAGGED:Elisabeth IIfeaturedPrince Philip
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Kamonyi Grenade Yaturikanye Umusore
Next Article Ihurizo Kuri Tshisekedi: Abadepite Bahoranye Na Kabila Ngo Yarabatengushye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?