Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuganga W’i Nyanza Akurikiranyweho Gusambanya Umwana Waje Kwivuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuganga W’i Nyanza Akurikiranyweho Gusambanya Umwana Waje Kwivuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2022 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu baganga bo mu Bitaro bya Nyanza yafunzwe n’Urwego rw’ubugenzacyaha akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana wari wagiye kwa muganga ngo bamusuzume, avurwe.

Uwo mwana afite imyaka 16 y’amavuko.

Icyo Taarifa yamenye ni uko uriya muganga yigeze gufatwa ku nshuro ya mbere kuri iki cyaha ariko aza kurekurwa mu rwego rw’iperereza kugira ngo akurikiranwe adafunzwe, ariko ubu yongeye atabwa muri yombi.

Hashize iminsi bibaye.

Muganga uyu tutavuga amazina yari asanzwe akora mu bitaro bya Nyanza mu isuzumira( laboratoire).

Atabwa muri yombi bwa mbere hari mu Ukwakira, 2022.

Ubwo yarekurwaga ngo akorweho iperereza adafunzwe, yahise asubizwa mu kazi.

Icyakora ubu yongeye gutabwa muri yombi nyuma y’uko abagenzacyaha basuzumye uriya mwana bafatanyije n’abaganga basanze hari ibimenyetso bikomeye bigaragaza ko uriya mwana ashobora kuba yarasambanyijwe.

Bidatinze ngo muganga aratangira kuburana ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyanza bwemereye itangazamakuru ko uriya mukozi atakiri mu kazi, ariko ko nta bindi bwamuvugaho.

Amakuru Taarifa yamenye ku ruhande rwayo,  avuga ko uriya mukobwa yari yagiye kwisuzumisha kuko nabwo ngo yari yahohotewe n’undi muntu wo muri Huye( niho twamenye ko akomoka) ageze i Nyanza nabwo akorerwa ibya mfura nk’uko bitangazwa kugeza ubu.

Umuganga uvugwaho kumuhohotera asanzwe afite umugore nk’uko twabibwiwe na bamwe mu bakozi bo mu Karere ka Nyanza batashatse ko tubatangaza amazina.

Uwo muganga afite umugore.

TAGGED:BusasamanafeaturedIbitaroMugangaNyanzaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverinoma Y’u Rwanda Yagize Icyo Ivuga Ku Bwicanyi Bwabereye I Kishishe
Next Article Muri Gambia Haburijwemo Coup D’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?