Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugenzuzi W’Imari Ya Leta Ashima Ko Ibitabo By’Imari ‘Bisigaye’ Bikorwa Neza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugenzuzi W’Imari Ya Leta Ashima Ko Ibitabo By’Imari ‘Bisigaye’ Bikorwa Neza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2023 4:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta Alexis Kamuhire yabwiye Inteko rusange y’imitwe yombi mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ko muri rusange ibitabo by’ibaruramari mu bigo bya Leta bikoze neza.

Ni  raporo y’imikoreshereze y’imari ya Leta y’umwaka warangiye ku wa 30, Kamena,2022.

Kamuhire yavuze ko mu bugenzuzi 221 bwakozwe ku bitabo by’ibaruramali, basanze inzego 151 zingana na 68% zabonye icyo bise ‘Ntamakemwa’.

Izindi nzego 57 zingana na 26% zibona ‘Byakwihanganirwa’ naho inzego 13 zingana na 6% zisigaye zibona ‘Biragayitse’.

Ubugenzuzi bw’imari ya Leta buvuga ko bwakoze igenzura rikubiye mu bwoko butanu ari bwo: 1. Ibitabo by’ibarurishamari (Financial), Iyubahirizwa ry’amategeko (Compliance), ubugenzuzi bucukumbuye (Performance), ubugenzuzi ku ikoranabuhanga (IT) n’ubugenzuzi bwihariye (Special audit).

N’ubwo inzego zabonye Ntamakemwa ziyongereye, hari inzego 25 zabonye Ntamakemwa ariko zinahabwa n’ibyo bise ‘Byakwitonderwa’.

Mbere yo kubigeza ku mugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, haru inzego 13 zitari  zifite mu ngengo y’imali yazo amafaranga yo kwishyura imisoro angana na Miliyari Frw 58.86.

Byagize ingaruka ku cyizere izo nzego zifitiwe n’abaturage n’abafatanyabikorwa bazo.

Umugenzuzi w’imari ya Leta yavuze ko izo nzego zirimo EDCL, RTDA na Rwanda National Investment Trust Ltd (RNIT).

Alexis Kamuhire yabwiye Abadepite n’Abasenateri ko ibitabo by’imari bisigaye bikorwa neza

Mu zindi nzego zahawe Byakwitonderwa ni EUCL.

Kamuhire yabwiye intumwa za rubanda ko iki kigo kigura umuriro uhenze ku bikorera bikagitera igihombo gikabije.

Ikindi kigo yavuze ko gikorera mu gihombi ni ikitwa Bella Flowers.

Impamvu ngo ni uko kirushaho kwagura ibikorwa byacyo kurenza ubushobozi bwacyo.

Ikigo Muhabura Multichoice Company (MMC) cyananiwe kwishyura umwenda kibereyemo Banki, Umushinga EDCL/Interconnection of Electric Grids of Nile Equatorial Lakes Countries Project nawo ufite amafaranga wateganyirije kwishyura imyenda ungana na Miliyari Frw 24.

Hagati aho kandi hari inzego 32 zagejeje ku Rwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’imali ya Leta ibitabo by’ibaruramali birimo amakosa.

Alexis Kamuhire

Izo nzego zasabwe kubanza gukosora ayo makosa kugira ngo bihabwe ‘Ntamakemwa’ bikaba byaradindije igenzura.

Izo nzego ni  EDCL, RDB, RTB, RSB na Rwanda Water Board.

Alexis Kamuhire avuga ko kugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta ari inshingano zishingiye ku mategeko no gushyira umujyo mu ikoreshwa ry’umutungo ugenewe guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Ibigo mpuzamahanga by’imari bishima uko u Rwanda rukoresha imari.

Perezida Kagame avuga ko kimwe mu byo Abanyarwanda biyemeje kugenderaho mu mikorere yabo harimo no kubazwa ibyo abantu bakora.

Indi nkuru wasoma:

Rwanda: Hari Inzego Za Leta Zisuzugura Urwego Rw’Umugenzuzi W’Imari Yayo

TAGGED:featuredImariKamuhireLetaUmugenzuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze:Hari Kwigwa Uko Ibinyabuzima Bigiye Gucika Byabungwabungwa
Next Article Dosiye ya Turahirwa Moses Yageze Mu Bushinjacyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?