Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugore Arera Abana Akarera N’Abagabo- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugore Arera Abana Akarera N’Abagabo- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 March 2024 2:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku biganjemo abagore bari bateraniye muri BK Arena, Perezida Kagame yavuze ko burya umugore arera abana ariko akarera n’abagabo.

Ni mu ijambo ryo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore u Rwanda rwifatanyije n’amahanga kwizihiza kuri uyu wa Gatanu taliki 08, Werurwe, 2024.

Avuga ko umugabo udafite umugore umufasha akamwubaka, bimubana ingorane.

Perezida Kagame yagereranyije umugore n’inkingi y’urugo kuko ishyigikira urugo ndetse ikita no kubyo abarugize bagiye gukorera hanze yarwo bari bukenere batashye.

Ibyo ngo ni inshangano ikomeye cyane.

Avuga ko abagabo bagomba kwirinda kwitambika imbere y’abagore ngo bababuze ibibagenewe nk’uko ari uburenganzira bw’undi muntu wese.

Ati: “ Umugore rero ntabwo yagombye guhezwa no mu kubaka igihugu”.

Kagame yavuze ko guhohotera umugore bitagomba gukorwa na rimwe kandi ngo ntabwo ari ibyo kwihanganirwa.

Yabwiye abagore ko badakwiye kwihanganira ko bahohoterwa ngo babiceceke, ngo bumve  ko ikije cyose cyemerwa.

Iby’uko umugabo yarakara akumva ko umujinya we agomba kuwurangiriza ku mugore we ngo si iby’i Rwanda.

Ati: “ Yagiye agahimbira ku wundi mugabo se ahubwo bakamukubita ari we!”

Perezida Kagame avuga ko ikibabaje ari uko hari abahohotera abagore babo ntibamenyekane, ariko ngo iyaba bamenyekanaga bagakurikiranwa mu mategeko.

Avuga ko iyo ingo zitekanye, ari bwo imiryango itera imbere bikubaka n’igihugu.

Ivangura iryo ari ryo ryose ngo ntiryemewe ahubwo gushyira hamwe nibyo byubaka abantu n’imiryango igatera imbere.

Guhuriza hamwe imbaraga z’Abanyarwandakazi n’Abanyarwanda ngo ni ikintu Perezida Kagame abonamo umusaruro wabyo kandi yabibonye na kera mu gihe cyo kubohora u Rwanda.

Ni umunsi wahurije hamwe abantu 7,000 biganjemo abagore

Yasabye abagore kongera ubushake mu kuhatanira kujya mu nzego zo hejuru bityo bagire uruhare runini mu gukemura ibibazo by’igihugu.

Avuga ko abagore bagombye guharanira ko bagenzi babo bakiri hasi bazamuka mu nzego, bakagira uruhare mu kuzamura igihugu.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ari byiza ko Abanyarwanda bifatanya n’abandi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore.

Yasabye abagore kudategereza ko hari uzabaha uburenganzira kubera ko abenshi batazabubaha  bityo ko ari ahabo kubihagurukira.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedIhohoteraKagameRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 7000 Bahuriye Muri BK Arena Mu Kwizihiza Umunsi W’Umugore
Next Article Abazakina Na Madascar Na Botswana Batangajwe N’Umutoza W’Amavubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?