Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuguzi Uzerekana Ko Atahawe EBM ‘Azajya’ Abihemberwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuguzi Uzerekana Ko Atahawe EBM ‘Azajya’ Abihemberwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2024 1:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’uko byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri taliki 27, Gashyantare, 2024, guhera mu gihe gito kiri imbere, umuguzi uzajya waka kandi agahabwa fagitire ku nyongeragaciro azajya ahabwa 10 by’umusoro wose wo kuri icyo gicuruzwa.

Iyo gahunda igamije kuzamura umuco wo gusora mu Banyarwanda ndetse n’uwo gutanga EBM ku cyacurujwe.

Ni ishimwe Leta y’u Rwanda izajya iha umuguzi wese watse EBM.

Amakuru avuga ko  Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kiri hafi gukora system izajya yifashishwa mu guha abaguzi  iryo shimwe.

Mu itangazo rikubiyemo ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri handitsemo mu magambo yumvikana neza ko ari Iteka rya Minisitiri rigena ishimwe rishingiye ku musoro ku nyongeragaciro.

Iteka ribigena

Bivuze ko uko umuntu azajya ahaha ibintu byishyurirwa TVA ari nako azaba ari mu nyungu.

Icyakora abacuruzi badatanga TVA nabo bafite ibyo bagomba guhindura mu mikorere yabo niba badashaka amande.

Impamvu ni uko umuguzi uzajya urega umucuruzi ko yamwimwe TVA, ikigo cy’imisoro n’amahoro kikabigenzura kigasanga ari ko bimeze koko, azajya acibwa amande angana n’inshuro 10 z’umusoro yashakaga kunyereza.

Mu mafaranga azajya ava mu iyishyuzwa ry’ayo mafaranga hazajya havamo 50% ahabwe wa muguzi wagejeje ikirego kuri Revenue igasanga gifite ishingiro.

Iteka rya Minisitiri rirebana no gutanga ririya shimwe rishingiye ku itegeko ryari riherutse gutangazwa rigena ibyo gutanga umusoro ku nyongeragaciro.

Akenshi abacuruzi bangaga gutanga EBM kubera impamvu zitandukanye bamwe bakemeza ko imashini ziyitanga zapfuye.

Hari n’abavugaga ko basabye imashini iyitanga, ko itaraza bityo ko ushaka fagitire ya EBM yakwihangana.

Ubundi hari ubwo abacuruzi babwiraga umuntu bati ‘ Umukozi ukoresha EBM arasohotse, usige numero yawe turaza kuyikoherereza’.

TAGGED:EBMfeaturedMinisitiriUmusoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Intego Ukraine Ifite Nyuma Y’Intambara N’Uburusiya N’Uko Izabana N’u Rwanda
Next Article Tchad: Humvikanye Amasasu Mu Murwa Mukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi Mpuzamahanga

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?