Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuguzi Uzerekana Ko Atahawe EBM ‘Azajya’ Abihemberwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuguzi Uzerekana Ko Atahawe EBM ‘Azajya’ Abihemberwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2024 1:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’uko byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri taliki 27, Gashyantare, 2024, guhera mu gihe gito kiri imbere, umuguzi uzajya waka kandi agahabwa fagitire ku nyongeragaciro azajya ahabwa 10 by’umusoro wose wo kuri icyo gicuruzwa.

Iyo gahunda igamije kuzamura umuco wo gusora mu Banyarwanda ndetse n’uwo gutanga EBM ku cyacurujwe.

Ni ishimwe Leta y’u Rwanda izajya iha umuguzi wese watse EBM.

Amakuru avuga ko  Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kiri hafi gukora system izajya yifashishwa mu guha abaguzi  iryo shimwe.

Mu itangazo rikubiyemo ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri handitsemo mu magambo yumvikana neza ko ari Iteka rya Minisitiri rigena ishimwe rishingiye ku musoro ku nyongeragaciro.

Iteka ribigena

Bivuze ko uko umuntu azajya ahaha ibintu byishyurirwa TVA ari nako azaba ari mu nyungu.

Icyakora abacuruzi badatanga TVA nabo bafite ibyo bagomba guhindura mu mikorere yabo niba badashaka amande.

Impamvu ni uko umuguzi uzajya urega umucuruzi ko yamwimwe TVA, ikigo cy’imisoro n’amahoro kikabigenzura kigasanga ari ko bimeze koko, azajya acibwa amande angana n’inshuro 10 z’umusoro yashakaga kunyereza.

Mu mafaranga azajya ava mu iyishyuzwa ry’ayo mafaranga hazajya havamo 50% ahabwe wa muguzi wagejeje ikirego kuri Revenue igasanga gifite ishingiro.

Iteka rya Minisitiri rirebana no gutanga ririya shimwe rishingiye ku itegeko ryari riherutse gutangazwa rigena ibyo gutanga umusoro ku nyongeragaciro.

Akenshi abacuruzi bangaga gutanga EBM kubera impamvu zitandukanye bamwe bakemeza ko imashini ziyitanga zapfuye.

Hari n’abavugaga ko basabye imashini iyitanga, ko itaraza bityo ko ushaka fagitire ya EBM yakwihangana.

Ubundi hari ubwo abacuruzi babwiraga umuntu bati ‘ Umukozi ukoresha EBM arasohotse, usige numero yawe turaza kuyikoherereza’.

TAGGED:EBMfeaturedMinisitiriUmusoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Menya Intego Ukraine Ifite Nyuma Y’Intambara N’Uburusiya N’Uko Izabana N’u Rwanda
Next Article Tchad: Humvikanye Amasasu Mu Murwa Mukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?