Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanda Giporoso- Masaka Ugiye Gukorwamo Ine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuhanda Giporoso- Masaka Ugiye Gukorwamo Ine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2024 9:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kwagura imihanda kugira ngo bigabanye umubyigano w’imodoka, Minisiteri y’ibikorwa remezo igiye kwagura umuhanda Giporoso-Masaka ushyirwemo ibisate bine.

Iyi Minisiteri ivuga ko ifite gahunda yo kwagura imihanda y’ibanze; ku ikubitiro bagatangirana n’ibikorwa binini birimo ikorwa ry’imihanda irimo uwa Giporoso-Masaka ugomba kwagurwa.

Uzakorwa bahereye i Remera ahazwi nko kuri Prince House, ariko muri gahunda nk’iyi hakanagurwa  umuhanda Nyabugogo-Muhanga.

Hagati aho kandi iyi Minisiteri ivuga ko isanzwe yaratangije gahunda yo kwagura no gukora neza imihanda y’ibitaka ikanozwa, igahabwa inzira z’amazi no gusana ibiraro ku buryo iba nyabagendwa kandi mu buryo burambye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore yagize ati: “Dufashe nk’umuhanda uva Masaka uza mu Giporoso, bigaragara ko ari muto ugereranyije n’imodoka zikenera kuwukoresha. Dufite amahirwe y’uko muri uyu mwaka uzatangira kwagurwa ukagira ibisate bine kuko abantu bari hariya bafite ibibazo bikomeye by’umuhandakandi turabibona buri munsi. Umuhanda uva Nyabugogo ugana i Muhanga na wo uzagurwa cyane mu buryo uzagirwa mwiza ndetse n’uwa Muhanga ugana Karongi, ni bimwe mu bikorwa binini tugiye gutangira.”

Minisitiri Gasore avuga ko nta muturage uzongera kwimurwa mbere y’uko ahabwa ingurane.

Avuga ko ibi byabayeho mu gihe cyatambutse ariko ko ubu bitazongera ndetse yongeraho ko nta bantu bimuwe mu myaka yo hagati ya 2022 na 2023 bari kwishyuza.

Minisitiri w’Ibikorwa remezo Dr. Jimmy Gasore

Ati “…Icyo gihe byaterwaga n’uko aho amafaranga yaturukaga habaga hatandukanye naho ayo kwimura abaturage aturuka. Ingamba zafashwe ni uko niba tugiye gukora umuhanda ugahura n’inzu y’Umunyarwanda, mbere yo kuyikoraho arabanza yishyurwe, iyo atishyuwe turemera tugakererwa, kugira ngo twirinde gukomeza kongera kuri ibyo bibazo.”

Ku bibazo by’abaturage batarahabwa ingurane ku mitungo yabo yangirijwe kubera inyungu rusange, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Jean Claude Musabyimana avuga ko abantu bafite ibibazo by’imitungo yangijwe n’igihe yangirijwe bose babaruwe kandi abenshi bahawe ingurane.

- Advertisement -

Uretse imihanda igiye kwagurwa, hari n’indi irimo gukorwa ndetse n’iyarangiye.

Irimo uwa Base-Kidaho uciye Butaro, uwa Ngoma-Nyanza uciye Bugesera, hanongerewe imihanda mu Mujyi wa Kigali ishobora kwifashishwa cyane cyane n’abatwara imodoka zabo, irimo iri Kacyiru, uw’ahazwi nko mu Myembe mu Murenge wa Kimihurura, uwa Sonatubes ujya Sahara ukagera Niboye, n’indi itandukanye yagiye ikorwa muri ubwo buryo.

TAGGED:featuredGasoreGiporosoIbikorwaMasakaMinisiteriMinisitiriRemezo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda Day 2024 Izabera Mu Nzu Ifite Agaciro Ka Miliyoni $ 870
Next Article Imvura Yo Mu Mpera Za Mutarama Irakomeza Kuba Nyinshi-Meteo Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yahagaritse Ingendo Ziva Mu Bihugu 12 Zijya Muri Amerika

Nyamagabe Igiye Guhabwa Amazi Ku Bayituye Bose

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?