Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanda Huye-Rusizi Wacitsemo Kabiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umuhanda Huye-Rusizi Wacitsemo Kabiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 7:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa Mbere taliki 15, Mutarama, 2024, umuhanda uhuza Huye, Nyamagabe, Rusizi waridutse uruhande rumwe.

Wapfiriye mu Mudugudu wa Kigarama, hafi y’ikorosi ugiye kugera mu Gasanteri ka Karambi muri Huye.

Meya Sebutege Ange avuga ko Byatewe n’inkangu ariko amaso arerekana ko byatewe no kuriduka ku ruhande rw’umukono w’iburyo.

Uko bigaragara kandi n’ikindi gice cyawo gishobora kuriduka.

Umunyamakuru wa RBA wageze yo avuga ko yahasanze umurongo muremure w’imodoka zirimo n’izitwara abagenzi.

Avuga ko bigaragara ko amazi y’imvura imaze iminsi igwa muri kiriya gice ari yo ntandaro y’iki kiza cyane cyane ko uwo muhanda uturanye n’umugezi

Ku bw’amahirwe, ngo biriya byago byabaye nta modoka ihaciye kuko yari butembanwe.

Meya w’Akarere ka Huye Sebutege Ange avuga ko bagiye kuzitira hantu hanyuma inzego zicare zige icyakorwa, zirebe n’izindi nzira zakoreshwa kugira ngo abaturage bagere iyo bajya.

Ange Sebutege( Ifoto@ Kigali Today)

Polisi n’ingabo bahageze ngo bahacungire umutekano.

Meteo Rwanda yari imaze iminsi mike iburiye Abanyarwanda ko Uburengerazuba bw’Amajyepfo harimo n’Akarere ka Huye hazibasirwa n’imvura nyinshi.

Iyo mvura kandi iragwa n’ahandi henshi mu Rwanda.

TAGGED:featuredHuyeimodokaInkanguNyamashekeRusiziSebutege
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Yashimangiye Ko Guha Umugisha Ababana Bahuje Ibitsina Bifite Ishingiro
Next Article MINALOC Igiye Kwifashisha Ikoranabuhanga Mu Gushyira Abantu Mu Budehe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?