Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanda Karongi-Ngororero-Muhanga Ugeze He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Umuhanda Karongi-Ngororero-Muhanga Ugeze He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2024 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Karongi hafi y’aho ibiro byako byubatse yavuze ko azabaza abashinzwe kubaka umuhanda Karongi-Ngororero-Muhanga icyatumye udindira.

Amashusho ari kuri X yafashwe n’umunyamakuru wa The New Times arerekana ko kuva icyo gihe kugeza ubu, abawukora biminjiriyemo agafu.

Ni umuhanda uzaba ari mwiza niwuzura kuko uretse no guhuza Uburengerazuba n’Amajyepfo, uca mu misozi ya Ngororero iri ahantu hirengeye ku buryo umugenzi aba abona ubwiza bw’aka Karere gakungahaye ku mabuye y’agaciro.

Abazawukoresha bazishimra ko kugera ahitwa ‘Ku Rufungo’ badakerewe kuko uhageze abanza gutsirika icyaka no kumanura ka mushikaki.

Taliki 30, Kamena, 2024 ubwo yiyamarizaga muri Karongi, Kagame yagaragaje ko kudindira k’uwo muhanda byadindije n’urujya n’uruza rwa ba mukerarugendo n’abashoramari bahahirana na Karongi ndetse bigatinza n’abazanye ibiribwa mu mujyi wa Kigali.

Kagame yabwiye abantu barenga 250,000 bari baje kumwamamaza ati: “Icyo kibazo kigiye gukemuka byanze bikunze, kuko ikibazo numvise kitari gikwiye kuba gifata indi ntera. Ndumva ko aho mvugira aha ababishinzwe babyumvise, nibyo bizatuma ibyiza byubakiye kuri iki kiyaga n’umusaruro ukomoka inaha bigerwaho bikanagera ku isoko mu buryo bworoshye, abantu bakabona ifaranga”.

Ubwo Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Karongi

Umuhanda Karongi-Muhanga wari washyizwe mu byiciro bitatu uzakorwamo.

Icyiciro kimwe kiva i Karongi kikagera ahitwa Rambura, ikindi kikava Rambura kikagera kuri Nyabarongo, naho icya gatatu kikava kuri Nyabarongo ni ukuvuga ku rugabano rwa Muhanga na Ngororero kikagera mu mujyi wa Muhanga.

Ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga i Karongi, icyiciro kimwe nicyo cyari cyaruzuye, icyo kikaba icya Karongi-Rambura.

Muri iyi minsi ni ukuvuga nyuma y’amezi hafi atatu ugereranyije hafi ¾ byawo byarangije kuzura.

Video:

WATCH: The renovation of the Muhanga–Karongi road, a vital link between Southern and Western Provinces, is underway after President #Kagame, during a June 30 campaign rally, said it had taken longer than necessary to fix.

🎥: @MugwizaO /TNT pic.twitter.com/EnbeTqHWOh

— The New Times (Rwanda) (@NewTimesRwanda) September 11, 2024

TAGGED:featuredGuhahiranaKagameKigaliKwiyamamazaMuhangaUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Afurika Ikomeje Kuzirikwa Ku Ngoyi Y’Umwenda
Next Article Minisitiri W’Uburezi Yasimbuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?