Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanda Wahuzaga Abatuye Rusizi Na Nyamasheke Wangijwe N’Imvura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Umuhanda Wahuzaga Abatuye Rusizi Na Nyamasheke Wangijwe N’Imvura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke bavuga ko umuhanda bakoreshaga bahahirana n’abo mu Mirenge itandukanye ya Rusizi wangijwe n’imvura.

Bavuga ko ibice byangijwe cyane n’iriya mvura ari ibyo mu Murenge wa Shangi n’uwa Nkanga kandi bakavuga ko imbaraga z’umuganda w’abaturage zitashobora kuwusana ubwazo.

Umwe mu bahatuye witwa Donatien Rukemanganizi wo mu Mudugudu wa Rwumuyaga mu Kagari ka Karusimbi avuga ko basanzwe bakora umuganda ngo basane uriya muhanda ariko ngo hari aho bagera imbaraga zigashira.

Yunzemo ko n’abakozi bawukoramo ari bake kuko ari abantu 14 kandi bakora kabiri mu Cyumweru.

Undi avuga ko ikibazo gikomeye bafite ari uko n’imyaka bejeje babura uko bayigeza ku isoko.

Ati:“Umuhanda waracitse nta cyo umaze, nta modoka yanyuramo iturutse i Kamembe, twifuza ko wagira abakozi bawutunganya.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, bwatangarije UMUSEKE ko bugiye gukurikirana maze bumenye ahari ikibazo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi  Narcisse yagize ati “Turabanza tuhagere turebe uko ikibazo giteye tugikurikirane dushake igisubizo gikwiye.”

Uyu muhanda ni uw’igitaka wubatswe n’umushinga wa Helpage HIMO mu mwaka 2006 ukaba uhuza Akarere ka Nyamasheke n’aka Rusizi.

Igice cy’uwo cyo mu Kagari ka Karusimbi ni ibilometero bitanu kandi nicyo cyangiritse mu buryo bukomeye.

Ifoto@ UMUSEKE.RW

TAGGED:ImvuraNyamashekeRusiziUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga u Rwanda Rusangiye Na Jordanie Indangagaciro Y’Iterambere
Next Article Cardinal Kambanda Yatashye Ishuri Ry’Abafurere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?