Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhanzi Ariana Grande ‘Yarusimbutse’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuhanzi Ariana Grande ‘Yarusimbutse’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2021 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rugo rw’icyamamare mu muziki ku rwego mpuzamahanga, Ariana Grande, hafatiwe umugabo wari witwaje umushyo( icyuma gityaye cyane) afite umugambi wo kukimutera.

Uwafashwe yitwa Aaron Brown akaba ari umusore w’imyaka 23 wari wagiye mu rugo rwa Grande abwira abakozi be ko ashaka kubonana na Ariana Grande.

Bamwe mu bashinzwe kurinda kiriya cyamamare babajije uwo musore niba hari gahunda afitanye na Ariana Grande, undi arajijijanganya batangiye kumwegera ngo bamusohore akuramo icyuma nabo bahamagara Polisi iramufata.

Abarinda AGrande bafite akazi gakomeye ko kurinda ko uyu mukobwa ukiri muto yazicwa n’abagizi ba nabi bahora bamugenza

Mu gihe cy’amezi atageze kuri ane, abantu babiri bamaze gufatwa bashaka kwica Ariana Grande.

Muri Gicurasi, 2021 nabwo hari undi mugabo wafashwe afite uriya mugambi, ubu yarakatiwe.

Kubera ibikorwa byo gushaka kumwica, Ariana Grande yakutse umutima k’uburyo atagikunda kugaragara mu ruhame.

Aherutse no kutitabira umuhango wo guhemba ibyamamare witwa VMA wabaye ku Cyumweru.

Ku rundi ruhande ariko, uyu muhanzi w’imyaka 28 y’amavuko ari hafi gutangira kugaragara mu ruhame ari umukemurampaka mu irushanwa ry’abantu bashaka kuzamura impano yabo ryitwa The Voice.

Azaba asimbuye Nick Jonas wagiye mu kandi nk’ako kitwa The Voice SEASON 20.

Akazi ka Ariana Grande karamukijije ariko gashobora no kuzamuhitana.

Tariki 22, Gicurasi, 2017 umugabo wari ufite amahame agenderaho akaze ya kisilamu witwa Salman Abedi Ramadan yacengeye mu bafana ba Grande bari baje muri konseri ye maze yiturikirizaho igisasu.

Abahitanywe n’igitero cy’i Manchester mu gitaramo cya Ariana Grande

Cyahitanye abantu 23, abandi 1,017 barakomereka.

Iriya konseri yabereye mu nzu mberabyombi yitwa Manchester Arena.

TAGGED:Ariana GrandefeaturedIcyumaUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dos Santos Yagarutse Muri Angola, Hari Ibyo Yumvikanye na Perezida Lourenco
Next Article Leta Yatangiye Gukurikirana Abacuruzi Bahanika Ibiciro Ku Bikoresho By’Isuku By’Abagore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?