Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhati Wo Guca Igwingira Mu Bana B’u Rwanda Ugeze Kuki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuhati Wo Guca Igwingira Mu Bana B’u Rwanda Ugeze Kuki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2023 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Buri taliki 16, Ukwakira, isi yizihiza umunsi yahariye ibiribwa mu bantu. Ni umunsi hazirikanwa akamaro ko kwihaza mu biribwa kuri buri wese n’aho atuye hose ariko hakibandwa ku bana kuko ari bo mizero ya buri gihugu.

U Rwanda rusanganywe intego yo kurwanya igwingira mu bana barwo kugeza ubwo rizacika burundu.

Icyakora ni urugendo rurerure, rusaba byinshi birimo imyumvire iboneye y’icyo indyo yuzuye ari cyo, yaba igenewe abana cyangwa abantu bakuru.

Ni imyumvire isaba ko kwigisha abakiri bato( kuko ari bo bazavamo abagabo n’abagore b’ejo hazaza) ibisabwa ngo umuntu ategure kandi arye indyo yuzuye ayigaburire n’abakiri bato.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu ntego z’u Rwanda, harimo ko igwingira rigomba gucika ariko nanone bigakorwa mu byiciro.

Ubundi se igwingira ni iki?

Bavuga ko umwana yagwingiye igihe imikurire ye cyangwa se uburebure bwe butajyanye n’imyaka afite. Ibi babibona bagereranyije uburebure bwe, ibilo bye n’imyaka ye.

Ibitera igwingira ahanini bishingira ku mirire mibi y’umwana ndetse n’iy’ umubyeyi; ni ukuvuga iyo iminsi igihumbi y’ubuzima bw’umwana ititaweho ngo Nyina arye neza, yivuze igihe cyose arwaye kandi ibyo abikorere n’umwana atwite cyangwa yonsa.

Ibindi  biritera ni ukutonsa neza  no kudahabwa imfashabere ku gihe, indwara zituruka kw’isuku nke nk’impiswi no kudahabwa ubuvuzi bukwiye kandi butangiwe igihe.

- Advertisement -

Ni byiza kwita ku minsi igihumbi ya mbere y’ubuzima bw’umwana kuko ari ho imikurire ye n’ubuzima bwe buzakurikirahi biba bishingiye.

Kubera ko kurwanya igwingira bikorwa mu byiciro byinshi kandi byuzuzanya, Guveriniama y’u Rwanda yihaye intego y’uko rizaba ryaragabanutse kugeza kuri 19% mu mwaka wa 2024.

Ntabwo ari uko iri janisha rikwiye k’uburyo Leta yarihitamo, ahubwo ni mu buryo kugenda rigabanuka gahoro gahoro hakurikijwe ibipimo byagenwe mu gihe runaka.

Uyu muhati wa Leta watumye mu myaka umunani(8) ishize, igwingira mu bana b’Abanyarwanda rigabanutseho 3%.

Ubushakatsi bwa gatandatu ku bwiyongere n’ubuzima bw’abaturage, DHS, bwo mu mwaka wa  2019/2020 bugaragaza ko mu Rwanda umubare w’abana bagwingiye wagabanutseho 5% kuko bari 33% bavuye kuri 38% mu gihe cy’imyaka umunani twavuze haruguru.

Icyakora muri Kamena, 2023 hapimwe ibilo by’abana mu cyumweru cyahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi, imibare yabonetse icyo gihe yagaragaje ko abana bagwingiye bageraga kuri 25%.

Irene Uwonkunda ushinzwe ishami ry’isuku mu kigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana yabwiye bagenzi bacu ba RBA ko gahunda Leta yashyizeho zatanze umusaruro n’ubwo hakiri byinshi byo gukorwa ngo ricike.

Ati: “ Urebye uko tugenda tujya imbere, ni ko igwingira rigabanuka buhoro buhoro. Yego ntabwo rigabanuka uko tubyifuza, ariko biragabanuka kubera mu mwaka wa 2019 twari turi kuri 33%, ariko mu kwezi kwa Gatandatu habaye gupima abana mu Cyumweru cyahariwe gupima ubuzima bw’umwana n’umubyeyi, ibipimo byavuyemo icyo gihe byatweretse turi kuri 25%.”

Imibare kandi ivuga ko mu mwaka wa 2022/2023 abana 739,527 bahawe ifu ya Shisha Kibondo n’aho ababyeyi bayihawe bo ni 480,560.

Mu kurwanya imirire mibi mu bana n’ababyeyi,  Leta y’u Rwanda iha ababyeyi batwite n’abonsa ifu ya Shisha Kibondo yo gutuma umwana batwitse cyangwa bonsa akura neza, abana bari mu kigero cy’imirire mibi bahabwa amata kandi ababyeyi bagahabwa amasomo yo kunoza isuku n’isukura, imikurire y’abana igakurikiranirwa ku ifishi y’imikurire kandi ababyeyi bagakangurirwa  kugira akarima k’igikoni.

Ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, hatangijwe gahunda yo guha umwana igi buri munsi.

N’ubwo bigaragara ko kugera kuri 19% by’igwingira mu bana bizasaba imbaraga nyinshi, ibiri gukorwa ngo bizagerweho ni ibyo gushima.

TAGGED:AbanafeaturedIgwingiraImibareLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impungenge Z’Ikirere Kibi Zabujije Israel Gutera Gaza
Next Article RIB Yatumije Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?