Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Abatuye Nyaruguru Bavuga K’Umuhanda Ubahuza Na Huye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Icyo Abatuye Nyaruguru Bavuga K’Umuhanda Ubahuza Na Huye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 May 2021 2:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyaruguru hari kubakwa umuhanda uva i Kibeho ku Kiliziya ahigeze kubera amabonekerwa ugakomeza ku bitaro bya Munini ugakomeza ugana mu Karere ka Huye. Umuturage witwa Bikorimana yabwiye Taarifa ko ugeze ku kigero cya 60% wuzura.

Eugène Bikorimana avuga ko uriya muhanda ubafitiye akamaro kuko batangiye kuwukoresha, bajyana cyangwa bavana ibicuruzwa ku isoko.

Ashima ko Abashinwa bari kuwubaka birinze kuwufunga wose, ahubwo bafunga igice kimwe bari gukora, ikindi bakakireka kigakomeza gukoreshwa, bakazagikora nyuma.

Avuga ko ubusanzwe Akarere ka Huye ari ryo soko ry’abatuye Akarere ka Nyaruguru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuhanda uri kubakwa muri kariya gace k’igihugu ni isezerano Perezida Kagame yahaye abatuye Nyaruguru mu myaka yashize.

Bikorimana avuga ko iyo arebye urwego ugezeho wuzura, asanga ugeze ku rwego rwa 60% akabishingira ku ngingo y’uko hari ibitarakorwa birimo kuwubakira ibyuma buwucanira mu ijoro, kuwushyiramo imirongo yerekana ibyerekezo no guhuza ahandi hamwe na hamwe bagiye basiga hadakozwe.

Ikindi avuga ko cyerekana ko uriya muhanda ugeze ku rwego rushimishije n’ubwo hakiri ibyo gukorwa ni uko hakozwe imiyoboro ijyana amazi mu rwego rwo kurinda ko yawusenya.

Kubera ko hari ahantu ugomba kubakwa hejuru y’ibiraro kandi aho hantu hakaba hatarubakwa, uriya muturage avuga ko ibyo  biri mu bisigaye ngo iriya 40% yuzure.

Undi muturage witwa Kamonyo wo mu Murenge wa Busanze, Akagari ka Runyombyi nawe ashima ko uriya muhanda uri kubakwa ku muvuduko ushimishije kandi akemeza ko niwuzura uzaba igisubizo ku bihahirane butari bworoshye hagati y’Akarere ka Nyaruguru n’aka Huye.

- Advertisement -

Kamonyo usanzwe ukora akazi k’uburezi avuga ko ku isi hose kugira ngo ubuhahirane bworohe, bisaba ko haba hari imihanda ikoze neza.

Ati: “ Twishimiye ko imirimo yo kubaka uriya muhanda iri kugenda neza kandi niwuzura uzadufasha mu kuzamura ubuhahirane n’abatuye Huye.”

Avuga kandi ko abantu bajya mu bukerarugendo bwa kidini i Kibeho nabo bazajya bahagera vuba, kandi badahenzwe kubera ko iyo imihanda imeze neza, n’abatwara abantu mu binyabiziga bagabanya igiciro.

Minisiteri y’ibikorwa remezo yo yatangaje ko uriya muhanda umaze kuzura ku kigero cya 72%.

Umuhanda wose uzaba ufite ibilometero 66.

Ni umuhanda uca mu mirenge ine ya Nyaruguru ukagera muri Huye ugakomeza Gisagara ugana ku mupaka w’Akanyaru

Kugeza ubu ariko hari ahantu hamwe hataruzura.

Hamwe muri ho ni hakuno y’ahitwa mu Kavuguto(hari ishyamba rya Leta), aha mu Kavuguto hakaba ari mu Kagari ka Mbasa mu Murenge wa Kibeho.

Hari kandi ikindi gice gito batarubaka cyegereye ibitaro bya Munini kubera ko icyo gihe ari ahantu hagoye.

Ubusanzwe ibigo by’ubwubatsi bw’imihanda by’Abashinwa bibanza kubaka ahantu horoshye, hatari bibitware umwanya munini hanyuma bikazagaruka kubaka ahakomeye ahoroshye hararangiye.

Ni mu buryo bwo gukoresha neza igihe no kwirinda gutagaguza imbaraga.

Umuhanga Kibeho-Huye uca aha hakurikira:

Uturutse Mu Karere ka Nyaruguru:

Uriya muhanda utangirira mu Murenge  wa Rusenge, Akagari Raranzige, ugakomeza mu Murenge wa  Kibeho mu Tugari twa Mpanda, Mbasa, Kibeho na Mubuga ugakomereza mu Murenge wa  Cyahinda mu Tugari twa Coko, na Cyahinda ukambuka mu Murenge wa Nyigisozi ukava muri uyu murenge ujya muwa Ngoma, ugahita winjira mu Karere ka Huye.

Biteganyijwe ko uzaba waruzuye neza muri Mata, 2022. Ni umuhanda kandi ukomeza ukagera ku mupaka w’Akanyaru ugabanya u Rwanda n’u Burundi uciye mu Karere ka Gisagara.

Uyu muhanda uzafasha abatuye Nyaruguru na Huye guhahirana.
TAGGED:AbashinwafeaturedKagariKibehoMuniniNyaruguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Clarisse Karasira Yashyingiwe
Next Article Canal + Yashyizeho Uburyo Butuma Abantu Barushaho Kuryoherwa Na Tour du Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?