Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhinzi Yatangaga Umusanzu Wa FPR Inkotanyi Ku Myaka Yejeje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuhinzi Yatangaga Umusanzu Wa FPR Inkotanyi Ku Myaka Yejeje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2023 3:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufatanya kugira ngo buri wese azagire uruhare rugaragara mu gutera inkunga abarwanyi ba FPR-Inkotanyi mu ntambara yo kubohora u Rwanda, umuhinzi yatangaga ku myaka yejeje. Abakozi batangaga ku mushahara wa buri kwezi, i Burayi inkunga yatangirwaga mu bitaramo.

Tito Rutaremara avuga ko abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bariyemeje ko buri wese agira uruhare runaka mu ntambara yo kubohora u Rwanda, akitanga nta gahato kandi mu buryo buhoraho.

Hari n’abandi batangaga ibiruhuko byabo by’ukwezi, bakitanga muri iyo mirimo yose ndetse no ku rugamba.

Muri bo harimo abaganga, abarimu, abaforomo n’abandi.

Tito Rutaremara yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ati: “ … Abavaga ku rugamba bazaga bazanywe n’umurimo runaka, abanyamuryango barabakiraga bakabafasha kurangiza inshingano zabo zabazanye. Hariho abavaga ku rugamba ari inkomere, abanyamuryango barabakiraga bakabashakira ubufasha bwo kubabeshaho no kubavuza…”

Tito Rutaremara

Ababaga barembye cyane babashakiraga ibyangombwa byabafasha  kujya kwivuza hanze, bakabahuza n’Abakada bazabafasha aho bazivuriza hanze.

Ku rundi ruhande, hari abitangaga bagatanga ‘weekends’ zabo bakaza gukora imirimo y’abakada ku nzego zose haba kuri cellule, branche na region, bagakora imirimo y’abakada basanzwe bakora buri munsi.

Bitewe n’umwanya buri muntu yari afite, hari abashoboraga kwitanga amasaha abiri, atatu,… nyuma y’akazi bagafasha abakada bahoraho mu mirimo yabo y’ubukangurambaraga.

Rutaremara yanditse ko ari henshi ku rugamba hakenerwaga ibikoresho bitandukanye birimo imiti, ibikoresho byo kubaga no gupfuka inkomere n’ibindi.

Icyakora iyo habaga hari ikintu runaka kidasanzwe kandi gikeneye gukorwa, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi n’inshuti zabo batangaga ‘umusanzu udasanzwe’.

Uyu wagiraga uko ucungwa neza  kugira ngo hatagira igipfushwa ubusa kandi gikenewe.

Ibintu byose iyo byakoreshwaga hakagira ibisaguka, byaragurishwaga  amafaranga akoherezwa mu kigega cy’umuryango.

Tito Rutaremara avuga ko iyo bakeneraga umusanzu mugari hari ubwo igikorwa cyo kuwukusanya bagishakiraga izina kugira ngo abatari abanyamuryango batamenya impamvu zacyo.

Ubukwe, umunsi wo kujyana abana ku ishuri…ayo yari amwe mu mazina bitaga kiriya gikorwa.

Birumvikana ko abantu bitabiraga icyo gikorwa cyane cyane ko bumvaga ko ari ‘ubukwe’buri gutegurrwa.

Ese FPR-Inkotanyi yabonaga gute amakuru ikeneye? Ni  byo  Hon Tito Rutaremara asezeranya abantu ko azabasobanurira mu gihe kiri imbere.

TAGGED:featuredInkotanyiRutaremaraUmusanzuUrugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imodoka Zikoresha Hydrogen Ziri Guta Isoko
Next Article Abafite Imitungo Itimukanwa Bongerewe Ukwezi Ko Gusora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?