Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuhinzi Yatangaga Umusanzu Wa FPR Inkotanyi Ku Myaka Yejeje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuhinzi Yatangaga Umusanzu Wa FPR Inkotanyi Ku Myaka Yejeje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2023 3:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufatanya kugira ngo buri wese azagire uruhare rugaragara mu gutera inkunga abarwanyi ba FPR-Inkotanyi mu ntambara yo kubohora u Rwanda, umuhinzi yatangaga ku myaka yejeje. Abakozi batangaga ku mushahara wa buri kwezi, i Burayi inkunga yatangirwaga mu bitaramo.

Tito Rutaremara avuga ko abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bariyemeje ko buri wese agira uruhare runaka mu ntambara yo kubohora u Rwanda, akitanga nta gahato kandi mu buryo buhoraho.

Hari n’abandi batangaga ibiruhuko byabo by’ukwezi, bakitanga muri iyo mirimo yose ndetse no ku rugamba.

Muri bo harimo abaganga, abarimu, abaforomo n’abandi.

Tito Rutaremara yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ati: “ … Abavaga ku rugamba bazaga bazanywe n’umurimo runaka, abanyamuryango barabakiraga bakabafasha kurangiza inshingano zabo zabazanye. Hariho abavaga ku rugamba ari inkomere, abanyamuryango barabakiraga bakabashakira ubufasha bwo kubabeshaho no kubavuza…”

Tito Rutaremara

Ababaga barembye cyane babashakiraga ibyangombwa byabafasha  kujya kwivuza hanze, bakabahuza n’Abakada bazabafasha aho bazivuriza hanze.

Ku rundi ruhande, hari abitangaga bagatanga ‘weekends’ zabo bakaza gukora imirimo y’abakada ku nzego zose haba kuri cellule, branche na region, bagakora imirimo y’abakada basanzwe bakora buri munsi.

Bitewe n’umwanya buri muntu yari afite, hari abashoboraga kwitanga amasaha abiri, atatu,… nyuma y’akazi bagafasha abakada bahoraho mu mirimo yabo y’ubukangurambaraga.

Rutaremara yanditse ko ari henshi ku rugamba hakenerwaga ibikoresho bitandukanye birimo imiti, ibikoresho byo kubaga no gupfuka inkomere n’ibindi.

Icyakora iyo habaga hari ikintu runaka kidasanzwe kandi gikeneye gukorwa, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi n’inshuti zabo batangaga ‘umusanzu udasanzwe’.

Uyu wagiraga uko ucungwa neza  kugira ngo hatagira igipfushwa ubusa kandi gikenewe.

Ibintu byose iyo byakoreshwaga hakagira ibisaguka, byaragurishwaga  amafaranga akoherezwa mu kigega cy’umuryango.

Tito Rutaremara avuga ko iyo bakeneraga umusanzu mugari hari ubwo igikorwa cyo kuwukusanya bagishakiraga izina kugira ngo abatari abanyamuryango batamenya impamvu zacyo.

Ubukwe, umunsi wo kujyana abana ku ishuri…ayo yari amwe mu mazina bitaga kiriya gikorwa.

Birumvikana ko abantu bitabiraga icyo gikorwa cyane cyane ko bumvaga ko ari ‘ubukwe’buri gutegurrwa.

Ese FPR-Inkotanyi yabonaga gute amakuru ikeneye? Ni  byo  Hon Tito Rutaremara asezeranya abantu ko azabasobanurira mu gihe kiri imbere.

TAGGED:featuredInkotanyiRutaremaraUmusanzuUrugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imodoka Zikoresha Hydrogen Ziri Guta Isoko
Next Article Abafite Imitungo Itimukanwa Bongerewe Ukwezi Ko Gusora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?