Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bamporiki ‘Wo Muri RNC’ Yishwe Arashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bamporiki ‘Wo Muri RNC’ Yishwe Arashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2021 9:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Seif Bamporiki wari mu bagize umutwe w’iterabwoba wa RNC, yiciwe mu mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, mu gace gakunze kuberamo ubugizi bwa nabi bukoreshwa intwaro.

Amakuru yizewe aturuka muri Afurika y’Epfo ahamya ko uwo mugabo wari mu bahuzabikorwa b’uyu mutwe uyobowe na Kayumba Nyamwasa, yacuruzaga ibikoresho bikozwe mu mbaho, birimo ibitanda.

Yishwe arashwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, ubwo yari ajyanye igitanda mu gace kitwa Nyanga gakunze kugaragaramo urugomo.

Polisi n’Ubugenzacyaha bya Afurika y’Epfo bivuga ko agace ka Nyanga ariko kaberamo urugomo rwinshi kurusha ahandi muri Afurika y’Epfo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ntabwo biramenyekana niba yishwe azira amashyari no gusubiranamo bimaze iminsi biranga RNC, cyangwa niba ari ubugizi bwa nabi bumenyerewe mu gace yarasiwemo.

Raporo yakozwe na Polisi igaragaza uko ibyaha by’ubwicanyi byari bihagaze muri Afurika y’Epfo mu 2018/19, yerekana ko Nyanga iza imbere mu gihugu cyose, igakurikirwa n’uduce twa Delft na Khayelitsha.

Muri icyo gihe habaruwe ibyaha 289 by’ubwicanyi, ugereranyije na 308 mu mwaka wabanje.

Bamporiki wo muri RNC yishwe
TAGGED:AfurikaBamporikiCapefeaturedKayumbaNyamwasa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yambuye Kabila Ingabo Zamurindaga
Next Article Tanzania Yapfushije Undi Muyobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?