Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyanama Wa Trump Mu By’Umutekano Yirukanywe, Amusimbuza Rubio
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Umujyanama Wa Trump Mu By’Umutekano Yirukanywe, Amusimbuza Rubio

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2025 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mike Waltz yari umujyanama wa Trump mu by’umutekano.(Ifoto@Politico)
SHARE

Ku batari bumva Rubio uwo ari we, twabamenyesha ko yitwa Marco Rubio akaba yari amaze igihe gito ari Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga naho uwo yasimbuye yitwa Mike Waltz yari umujyanama wa Trump mu by’umutekano.

Waltz nawe urebye nta gihe kinini yari amaze ari Umujyanama wa Perezida Donald Trump mu by’umutekano kuko abayobozi bakuru benshi mu butegetsi bwe bagiyeho nyuma gato yo kurahira kwe muri Mutarama uyu mwaka.

Rubio agizwe Umujyanama w’agateganyo  wa Trump mu by’umutekano mu gihe hagishakishwa uwajya kuri uyu mwanya mu buryo wakwita ku burambye, agasimbura Mike Waltz ‘uzize ahanini kutita ku bintu’.

Ibye bijya gukomera byatangiye ubwo-mu buryo utapfa kumenya icyabimuteye-yahaga umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru kiri mu byubashwe muri Amerika kurusha ibindi kitwa The Atlantic, uburyo(link) bwo kwinjira mu itsinda(Signal chat group) abayobozi bakuru ba Amerika baganiriragamo umupango wo gutera Yemen.

Waltz ubwo yari ari kuri Signal mu nama yigaga ku mutekano( Ifoto@Reuters)

Uwo mwanditsi ni Jeffrey Mark Goldberg.

Amaze kugera muri iyo groupe ya Signal, yayivuyemo abyibwirije ariko aza kubyandika mu kinyamakuru cye.

I bukuru muri Amerika babibonye babanje kubyihunza, bavuga ko ibyo yanditse ari amateshwa, nta shingiro bifite.

Goldberg yanzuye ko igikwiye ari ugushyira hanze ibiganiro yabonye abo bakomeye baganira, avuga ko abikoze mu rwego rwo guha Abanyamerika ukuri kw’ibintu.

Ibinyamakuru bikomeye hirya no hino ku isi byahise bisamira hejuru iyo nkuru,  igikuba muri Pentagon kiracika, Mike Waltz atangira kubona ko ibintu bikomeye.

Jeffrey Mark Goldberg.

Perezida Trump yabanje kumuhagararaho, avuga ko nta byacitse yabayeho ariko igitutu cyo muri Sena kizamuwe kandi na bamwe mu bo mu ishyaka rye ry’aba Republicans bafatanyije n’abo batajya imbizi bo mu ba Democrats cyatumye ibintu bifata indi sura.

Impaka mu banyamategeko n’abanyamateka ndetse n’izindi ntiti zatumye mu Biro bya Perezida wa Amerika batangira gutekereza uko Waltz yasezererwa n’uwamusimbura.

Uyu mugabo kandi asanzwe ari umusirikare mukuru ufite ipeti rya Jenerali wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru akaba Umu Republican wo muri Leta ya Florida.

Nyuma yo kumuvana muri izo nshingano, Donald Trump yahise amugira Ambasaderi wa Amerika mu Muryango w’Abibumbye, avuga ko asanzwe ari umugabo ukorana umurava, ushyira imbere inyungu za Amerika.

Mu gushyiraho Marco Rubio ngo abe asimbuye Waltz, Trump yabwiye abanyamakuru ko iyo hari ikibazo agize, ahamagara Rubio kandi ngo ahita agitunganya vuba na bwangu.

Muri macye, mu maso ya Trump Rubio ni uwo kwizerwa.

Trump avuga ko yizera uyu mugabo.

Rubio niwe muntu wa mbere nyuma ya Henry Kissinger mu mwaka wa 1970 ubaye Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga akaba n’umujyanama wa Perezida wa Amerika mu by’umutekano.

Amakuru avuga ko Donald Trump yari yaranze kwirukana uriya mugabo mbere y’uko yuzuza iminsi 100 ari ku butegetsi.

Umuvugizi w’Ibiro bya Rubio witwa Tammy Bruce nawe yatunguwe no kumva umunyamakuru amumenyesheje impinduka zabaye haba kwa Mike Waltz no kwa Rubio, hari mu kiganiro yabagezagaho.

Abasomyi ba Taarifa Rwanda bazirikane ko atari ubwa mbere mu butegetsi bwa Donald Trump yirukana abajyanama be mu by’umutekano kuko muri manda ye ya mbere(2017-2021) yirukanye bane.

Abo ni Michael Flynn, H.R. McMaster, John Bolton na Robert O’Brien.

Uwari wungirije Waltz witwa Alex Wong nawe yarirukanywe barajyana ndetse guhera tariki 1, Mata, 2025 hari abahoze ari abakozi mu Biro by’umujyanama wa Trump mu by’umutekano  20 nabo birukanywe,  biyongeraho n’abandi bake bahoze muri Minisiteri y’ingabo, Pentagon.

Uko kwirukana abakozi bakuru mu Biro by’Umujyanama wa Perezida mu by’umutekano kwatumye haboneka icyuho kuko hari abemeza ko bigoye kubona abantu b’inararibonye bazi byinshi mu mutekano w’isi bashobora kugira inama ifatika Umukuru w’igihugu nka Amerika gihora mu ntambara z’urudaca.

Umwanya Mike Waltz yahawe muri UN wari usanzwe nta muntu uwurimo kuko uwo Trump yari yatanze ngo awujyeho yaje kwisubira kuko byari bimaze kugaragara ko uwo mugore witwa Elise Stefanik yari bubanze kwemezwa n’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, kandi wiganjemo aba Democrats.

Kuba mu gihe cy’amezi ane hari impinduka nk’izo zikomeye mu buyobozi bukuru bwa Donald Trump byatuma hari benshi batekereza ko hari n’ibindi bisa nibyo cyangwa se bibirenzeho bishobora kuzabaho.

TAGGED:AmakuruAmerikafeaturedIntambaraKwirukanaRubioTrumpUmujayanamaUmujyanamaYemen
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hakwiye Kubaho Ubukangurambaga Bwo Kuvuga Aho Imibiri Muri Jenoside Yajugunywe
Next Article U Rwanda Ruzasinyana Na DRC Amasezerano Imbere Ya Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?