Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukinnyi wa Uganda Washakaga Kwitabira Imikino Olempiki Yatorokeye Mu Buyapani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umukinnyi wa Uganda Washakaga Kwitabira Imikino Olempiki Yatorokeye Mu Buyapani

Last updated: 18 July 2021 11:50 am
Share
SHARE

Umunya-Uganda Julius Ssekitoleko yatorokeye mu Buyapani, asiga yanditse ubutumwa ko agiye gushaka akazi muri icyo gihugu aho gusubira iwaho.

Uyu musore w’imyaka 20 yabuze ku wa Gatanu, nyuma yo kunanirwa kubona itike yo kwitabira imikino Olempiki. Aba mu cyiciro cy’abaterura ibintu biremereye.

Yagombaga gusubira iwabo muri Uganda ku wa 20 Nyakanga, ariko aho kwitegura gutaha ahitamo gutoroka.

Ubuyobozi bwatangaje ko habonetse ibaruwa yanditse avuga ko muri Uganda ubuzima bukaze, ku buryo aho gusubirayo azemera agashakisha akazi mu Buyapani.

Muri yo baruwa Ssekitoleko yashimangiye ko adashaka gusubira muri Uganda, ko ahubwo abo bari kumwe bamupakirira ibintu yari afite bakabyohereza iwabo.

Hari amakuru ko yagaragaye bwa nyuma hafi ya hoteli ikipe ya Uganda icumbitsemo ahitwa Izumisano, mu gace gategerwamo gari ya moshi. Ngo yaje kugura itike ya gari ya moshi yerekeza i Nagoya, ni muri kilometero nibura 200 uvuye aho bari bacumbitse.

Uyu musore ngo bamenye ko yabuze ubwo abandi bakinnyi bajyaga kwipimisha COVID-19, we arabura.

Ubuyobozi na Polisi bwahise butangira kumushakisha, ariko buramubura.

Umuyobozi w’intumwa za Uganda mu mikino Olempiki, Beatrice Ayikoru, yabwiye ibiro ntaramakuru Kyodo ko bakomeje gukorana n’inzego z’ubuyobozi zo mu Buyapani.

Ati “Mu biganiro twagiye tugirana haba muri Uganda no mu Buyapani twagiye kwitsa cyane ku kubahiriza amategeko agenga abinjira n’abasohoka mu Buyapani, tukirinda gusohoka mu mwiherero nta ruhushya.”

Mu kwezi gushize abakinnyi babiri ba Uganda basanzwemo COVID-19 bakigera mu Buyapani. Ntabwo bizwi niba uriya wabuze yari muri abo.

Ni bimwe mu bikomeje gusiga icyasha iipe ya Uganda, mu gihe imikino Olempiki izatangira ku wa 23 Nyakanga.

Si ubwa mbere abakinnyi ba Uganda batorokeye mu mahanga, kuko babiri bakina Rugby batorokeye mu mikino ya Commonwealth yabereye muri Scotland mu 2014, baza no guhabwa ubuhungiro.

 

 

 

TAGGED:featuredImikino OlempikiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukingo Pfizer ‘Rufite Ubushobozi Buke’ Kuri COVID-19 Ya Delta
Next Article Ni Nde Ukwiye Kubazwa Ibura Ry’Ibikoresho Byo Gutwika Imirambo Mu Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?