Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukozi Wa Banki Nkuru Y’Uburundi Yafatanywe $20,000 Mu Mufuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umukozi Wa Banki Nkuru Y’Uburundi Yafatanywe $20,000 Mu Mufuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2023 9:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kubona ko abakozi ba Banki ya Repubulika y’Uburundi basigaye batunze amafaranga y’amahanga menshi, ubuyobozi bw’iyi Banki bwakoranye na Polisi barabasaka, umwe bamusangana $20,000 cash. Babasatse mbere y’uko batangira akazi mu gitondo cya kare.

Ku wa Mbere w’iki Cyumweru nibwo hari umwe mu bakozi wabwiye abamuyobora ko hari amakuru afite ko abenshi mubo bakorana bari gushyira amadovize menshi kuri comptes zabo kandi mu buryo butagenzuwe.

Amadovize ni amafaranga y’amahanga muri rusange.

Byateye ubuyobozi kugira amakenga, ndetse amakuru agera kuri Minisitiri w’Intebe w’Uburundi witwa Gérvais Ndirakobuca nawe ahita atanga amabwiriza ko iki kibazo gikurikiranwa mu maguru mashya.

Mu kugikurikirana mu maguru mashya, habayeho kugenzura comptes z’abakozi ba Banki nkuru y’Uburundi kandi n’abavunjayi nabo baragenzurwa.

Aba bo bashinjwa kutavunjira abantu mu by’ukuri ahubwo bakigwizaho amafaranga y’amahanga bagamije kuzayagurisha ahenze.

Iyi myitwarire ituma ubukungu budindira kuko bituma ifaranga ry’igihugu rirushaho guta agaciro kuko amadovize nayo aba yabuze bityo agahenda.

Tugarutse ku byerekeye abakozi ba Banki nkuru y’Uburundi, ntibyatinze nyuma y’uko amakuru amenyekanye ko hari bamwe bari kurunda amadovize kuri comptes zabo maze ubuyobozi bwa Banki na Polisi bubasaka bubatunguye ubwo bari baje ku kazi.

Umwe bamusanganye $20,000 nk’uko twabivuze haruguru ahita afungwa.

Ikinyamakuru kitwa Le Mandat cyanditse ko abakozi ba Banki nkuru y’Uburundi byagaragaye ko  barunze amadovize kuri comptes zabo, bahamagawe mu Biro bishinzwe iperereza mu by’imari kugira ngo bagire ibyo basobanura.

Ibyo Biro byitwa Cellule Nationale du Rénseignement Financier.

Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye aherutse gutegeka ko inoti za bitanu n’iz’ibihumbi icumi zivanwa ku isoko.

TAGGED:AmadovizeBankiBurundifeaturedIpererezaNdayishimiyeUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umwana Yamize Agapfundikizo K’Ikaramu Karamwica
Next Article Imishinga Iha Urubyiruko Akazi Igabanya Ibyaha Rukora- Min Utumatwishima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?