Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Police FC Yatsindiye APR FC Ku Gikombe Kiruta Ibindi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Police FC Yatsindiye APR FC Ku Gikombe Kiruta Ibindi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2024 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri Kigali Pele Stadium haraye habereye umukino wahuje APR FC itsindwa na Police FC kuri za Penaliti 6 kuri 5.

Umukino wari warangiye ari ubusa ku bundi.

Uyu mukino wari uw’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda uhuza ikipe yegukanye igikombe cya shampiyona n’iyegukanye igikombe cy’Amahoro mu mwaka w’imikino uba wararangiye.

APR FC yegukanye icya shampiyona 2023-24, yahuye na Police FC yegukanye icy’Amahoro cy’umwaka ushize.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakipe agisakirana, Police FC yarushaga APR FC kandi yashoboraga no kubona igitego ku munota wa 28 ariko ukubita igiti cy’izamu.

Uko iminota yicumaga ni ko APR yakoraga uko ushoboye ngo nayo itsinde.

Yakomeje kugerageza gushaka igitego biciye kuri Ani Elijah wakorewe amakosa menshi na ba myugariro ba APR FC.

Ku munota wa 38, Police FC yabonye umupira mwiza uteretse muri metero nka 35 uvuye ku izamu rya APR FC nyuma y’ikosa ryari rikorewe Ani Elijah.

Hakizimana Muhadjiri yahise awutera neza mu izamu ariko umuzamu Ndzila awukoraho urarenga.

- Advertisement -

Iminota 45 y’igice cya mbere yarangiye nta kipe itsinze.

Mu gice cya kabiri, buri kipe yabanje kwanga kwirekura imbere ya ngenzi yayo n’ubwo Muhadjiri yagerageza gutsinda atereye kure imipira.

Ku munota wa 67, APR FC yakoze impinduka, yinjiza Mamadou Sy wasimbuye Victor Mbaoma, na Richmond Lamptey wasimbuye Mugisha Gilbert.

Ntacyo izi mpinduka zatanze.

Mashami Vincent wa Police FC nawe yahise akuramo Djibrine Akuki wasimbuwe na Iradukunda Siméon wasabwaga gutanga byinshi.

Ku munota 86, Police FC yongeye gukora impinduka, ikuramo Richard Kilongozi wasimbuwe na Mugisha Didier, mu gihe na APR FC yahise ikuramo Niyibizi Ramadan wasimbuwe na Tuyisenge Arsène.

Ku munota wa 90+4, umutoza wa APR FC yakoze izindi mpinduka akuramo Dushimimana Olivier wasimbuwe na Aliou Souané.

Umukino warangiye amakipe yombi anganya 0-0, maze hahita hifashishwa penaliti.

APR FC yatsindiwe kuri penaliti 6-5 nyuma y’uko Niyigena Clèment, Byiringiro Gilbert, Pavelh Ndzila, Mamadou Sy, Aliou Souné bazitsinze, maze Richmond Lamptey na Dauda Yussif barazihusha.

Penaliti za Police FC zinjijwe neza na Hakizimana Muhadjiri, Mugisha Didier, Bigirimana Abedi, Iradukunda Siméon, Ani Elijah na Nsabimana Eric, mu gihe Issa Yakubu yayihushije.

Ikipe ya mbere yahise ihabwa imidari ya zahahu, igikombe ndetse na miliyoni Frw 10 iya kabiri ihembwa miliyoni Frw 5.

Ni igikombe cya Kabiri Police FC yegukanye uyu mwaka nyuma yo kwegukana icy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma.

TAGGED:APRfeaturedIgikombePolice FC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ashima Ko Ikigo Cali Fitness Yashinze Kigira Uruhare Ku Buzima Bw’Abakigana
Next Article Umunsi Abanyarwanda Bari Bategereje Wageze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?