Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukozi wa FERWAFA Avugwaho Kuba Urucantege Mu Itsinda Ryaherekeje Amavubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umukozi wa FERWAFA Avugwaho Kuba Urucantege Mu Itsinda Ryaherekeje Amavubi

Last updated: 03 February 2021 7:17 am
Share
SHARE

Bamwe mu banyamakuru baherekeje  ikipe y’Amavubi batangaje byinshi ku rugendo rwayo kuva ahagurutse i Nyamata kugera i Douara, ndetse n’imibereho yaranzwe n’igitutu cy’umwe mu bayobozi bari bayoboye itsinda.

Mu kiganiro “Urukiko” gitambuka kuri Radio 10, umunyamakuru waserukiye iki gitangazamakuru yagaragaje ko mu irushanwa ikipe y’igihugu yagiye iyobowe n’umuntu utamenyereye gukorana na bagenzi be by’umwihariko itangazamakuru, bigera aho igitutu cye kinagira ingaruka ku ikipe y’igihugu.

Uyu munyamakuru yavuze ko byatangiye bakiri i Nyamata aho bari bacumbitse muri imwe muri Hotel z’aho ubwo umwe mu banyamakuru yafotoraga umwambaro ikipe y’igihugu yagiye yambaye akawumurika ku mbuga nkoranyambaga ze.

Kankindi Alida Lize, umuyobozi ushinzwe gucunga umutungo muri FERWAFA, yagaragarije uwo munyamakuru ko akoze amakosa yo gushyira hanze uyu mwambaro.

Byakozwe mu buryo bwateje umwiryane hagati ye n’uwo munyamakuru.

Iki kiganiro kibanze cyane ku makosa yaranze uyu muyobozi, yanatumye hari aho ikipe y’igihugu yagiye iba igitaramo ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamakuru wari uhagarariye Radio 10 ati: “Tukigera hano kugira ngo abantu bumve ko umuriro watse umunsi wa mbere tukigera kuri Hotel, Kankindi Alida Lize yaraje aratubwira ngo ‘bambwiye ko mwebwe (abanyamakuru) mudashobotse mwananiranye’.

Kankindi Lize Alida uvugwaho kwibasira abanyamakuru bari baherekeje Amavubi.

Akomeza avuga ko imyitwarire ya Kankindi wari uyoboye itsinda ry’ikipe yaserukiye igihugu muri iri rushanwa hari aho yatumaga abayobozi bagenzi be bakora nabi bikarangira Amavubi agaragara nabi.

Ati “No gusohora urutonde rupfuye rw’abakinnyi babanza mu kibuga byaturutse ku gitutu cy’uyu muyobozi”.

Ibi byose ngo bikaba byarateye ikipe intugunda no kudatuza.

Urugendo rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda rwagarukiye muri ¼ cy’irangiza nyuma yo gusezererwa na Guinea iyitsinze igitego 1-0.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa gatatu ari bwo Amavubi azagaruka i Kigali, ahite ashyirwa mu muhezo w’umunsi umwe kugira ngo hasuzumwe ko nta bwandu bwa virusi ya corona bafite.

https://www.youtube.com/watch?v=w6xsboeSWcs&feature=emb_title

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Eng. Murenzi Yahunze Ibyo Aregwa
Next Article Prof A. Lyambabaje Uzayobora Kaminuza Y’u Rwanda ‘Yavukiye I Bwami’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?