Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukozi Wa ISIBO TV Afungiwe Gukubita No Gukomeretsa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umukozi Wa ISIBO TV Afungiwe Gukubita No Gukomeretsa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2024 11:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru Ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwafunze umukozi wa Televiziyo ya ISIBO TV bumukurikiranyeho icyaha cyo gukubitira no gukomerekereza umuntu mu kabari gaherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Uwafashwe yamenyekanye ku izina rya BABU akaba afite imyaka 26 y’amavuko nk’uko RIB ibyemeza.

Ubwo amakuru yatugeragaho, yari afungiye kuri Station ya RIB ku Murenge wa Remera, aho abagenzacyaha bari kumukorera idosiye ngo bayigeze ku bushinjacyaha.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ‘ku bushake’ akurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 121 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ugihamijwe n’urukiko agahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu ya Frw 500,000 ariko atarenze miliyoni Frw 1,000,000.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urwego rw’ubugenzacyaha rusaba abantu kugira ubworoherane igihe cyose hari abagize ibyo batumvikanaho.

Basabwa kandi kwegera inzego zibishinzwe zikabafasha kuyavamo kuko aribwo buryo bwiza bwo kwirinda kugwa mu bibazo biremereye bituma bamwe bafungwa.

Umuvugizi wa RIB Dr. Thierry B.Murangira yabwiye Taarifa ati: “ Kwihanira ntabwo byemewe kuko inzego Leta iba yarashyizeho arizo zishinzwe gukemura cyangwa guhana uwakoshereje undi biciye mu buryo buba bwarateganyijwe”.

Urwego avugira ruvuga ko umuntu wese uzagaragara yica amategeko azabikurikiranwaho kandi ku cyaha icyo ari cyo cyose harimo no gukubita no gukomeretsa.

TAGGED:GukubitaIsiboMurangira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Abahinzi B’Ibobere Barayiranduye
Next Article Mu Myaka Ibiri U Rwanda ‘Rushobora’ Kuzaba Rufite Ifaranga Ry’Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?