Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2022 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu kwizihiza Umunsi wahariwe Commonwealth, kumenya imiterere y’uyu muryango ni ngombwa. Ni umuryango ugizwe n’ibihugu 54 birimo ibikomeye muri politiki y’isi nk’u Bwongereza , u Buhinde, n’ibindi.

Igitekerezo cyo kuwushinga cyatangiye mu mwaka wa 1926 ariko kigenda gikura kiza kwemezwa neza mu mwaka 1949.

Imwe mu ntego z’uyu muryango ni ugufatanya kugira ngo ibihugu bifite ubukungu bukomeye bitere inkunga ibindi, bityo nabyo bizamucye.

Abahanga muri Politiki bavuga ko ibi biri mu bituma ibihugu byakolonijwe n’u Bwongereza cyangwa ibikoresha Icyongereza byateye imbere kurusha ibindi ku isi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gufasha ibihugu bitaragira amajyambere ahambaye gutera intambwe, ariko nta na rimwe hatangwa inama cyangwa icyuho kiganisha ku bunebwe.

Abatuye ibihugu bikoresha Icyongereza bagira umuco wo gukora cyane kandi bakamenyana k’uburyo usanga, mu mico yabo itandukanye, buzuzanya.

Uwavuga ko ari yo mpamvu uyu muryango bawita COMMON WEALTH(Ubukungu busangiwe) ataba agiye cyane kure y’ukuri!

Mu mikorere y’ibihugu bivuga Icyongereza kandi bagira Politiki zagiye ziteza imbere ibyiciro by’imibereho y’abantu bitari bimenyerewe.

Nibo batangije kandi bateza imbere politiki z’uburinganire n’ubwuzuzanye by’ibitsina byombi mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu.

- Advertisement -

Politiki z’ibi bihugu kandi ziharanira ko isi irushaho kuba nziza binyuze mu kurengera ibidukikije, kudahumanya ikirere n’izindi.

N’ubwo n’ahandi bihaba, ariko abo mu bihugu bikoresha Icyongereza bakunda kumvikana cyane bavuga ko ibunaka badakurikiza amahame ya Demukarasi, bahutaza uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Commonwealth ni umuryango urimo abaturage miliyari 2.5 ni ukuvuga kimwe cya gatatu cy’abatuye isi kuko kugeza ubu bagera kuri miliyari 7 n’imisago.

Uyu muryango muri iki gihe uyoborwa  n’Umwongerezakazi witwa Patricia Scotland.

Biteganyijwe ko Inama y’Inteko rusange y’uyu muryango muri uyu mwaka izabera i Kigali mu Rwanda.

Buri taliki 13, Werurwe, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka akamaro n’ubufatanye bw’abagize Commonwealth .

Mu Rwanda ubu hazamuwe ibendera ry’uyu Muryango.

TAGGED:CommonwealthfeaturedUmunsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Bibye Umuntu Baramuhamagara Bamusaba Ingurane Bituma Bafatwa
Next Article Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?