Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2022 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu kwizihiza Umunsi wahariwe Commonwealth, kumenya imiterere y’uyu muryango ni ngombwa. Ni umuryango ugizwe n’ibihugu 54 birimo ibikomeye muri politiki y’isi nk’u Bwongereza , u Buhinde, n’ibindi.

Igitekerezo cyo kuwushinga cyatangiye mu mwaka wa 1926 ariko kigenda gikura kiza kwemezwa neza mu mwaka 1949.

Imwe mu ntego z’uyu muryango ni ugufatanya kugira ngo ibihugu bifite ubukungu bukomeye bitere inkunga ibindi, bityo nabyo bizamucye.

Abahanga muri Politiki bavuga ko ibi biri mu bituma ibihugu byakolonijwe n’u Bwongereza cyangwa ibikoresha Icyongereza byateye imbere kurusha ibindi ku isi.

Mu gufasha ibihugu bitaragira amajyambere ahambaye gutera intambwe, ariko nta na rimwe hatangwa inama cyangwa icyuho kiganisha ku bunebwe.

Abatuye ibihugu bikoresha Icyongereza bagira umuco wo gukora cyane kandi bakamenyana k’uburyo usanga, mu mico yabo itandukanye, buzuzanya.

Uwavuga ko ari yo mpamvu uyu muryango bawita COMMON WEALTH(Ubukungu busangiwe) ataba agiye cyane kure y’ukuri!

Mu mikorere y’ibihugu bivuga Icyongereza kandi bagira Politiki zagiye ziteza imbere ibyiciro by’imibereho y’abantu bitari bimenyerewe.

Nibo batangije kandi bateza imbere politiki z’uburinganire n’ubwuzuzanye by’ibitsina byombi mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu.

Politiki z’ibi bihugu kandi ziharanira ko isi irushaho kuba nziza binyuze mu kurengera ibidukikije, kudahumanya ikirere n’izindi.

N’ubwo n’ahandi bihaba, ariko abo mu bihugu bikoresha Icyongereza bakunda kumvikana cyane bavuga ko ibunaka badakurikiza amahame ya Demukarasi, bahutaza uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Commonwealth ni umuryango urimo abaturage miliyari 2.5 ni ukuvuga kimwe cya gatatu cy’abatuye isi kuko kugeza ubu bagera kuri miliyari 7 n’imisago.

Uyu muryango muri iki gihe uyoborwa  n’Umwongerezakazi witwa Patricia Scotland.

Biteganyijwe ko Inama y’Inteko rusange y’uyu muryango muri uyu mwaka izabera i Kigali mu Rwanda.

Buri taliki 13, Werurwe, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka akamaro n’ubufatanye bw’abagize Commonwealth .

Mu Rwanda ubu hazamuwe ibendera ry’uyu Muryango.

TAGGED:CommonwealthfeaturedUmunsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Bibye Umuntu Baramuhamagara Bamusaba Ingurane Bituma Bafatwa
Next Article Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?