Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Commonwealth: Iby’Ingenzi Bigize Uyu Muryango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2022 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu kwizihiza Umunsi wahariwe Commonwealth, kumenya imiterere y’uyu muryango ni ngombwa. Ni umuryango ugizwe n’ibihugu 54 birimo ibikomeye muri politiki y’isi nk’u Bwongereza , u Buhinde, n’ibindi.

Igitekerezo cyo kuwushinga cyatangiye mu mwaka wa 1926 ariko kigenda gikura kiza kwemezwa neza mu mwaka 1949.

Imwe mu ntego z’uyu muryango ni ugufatanya kugira ngo ibihugu bifite ubukungu bukomeye bitere inkunga ibindi, bityo nabyo bizamucye.

Abahanga muri Politiki bavuga ko ibi biri mu bituma ibihugu byakolonijwe n’u Bwongereza cyangwa ibikoresha Icyongereza byateye imbere kurusha ibindi ku isi.

Mu gufasha ibihugu bitaragira amajyambere ahambaye gutera intambwe, ariko nta na rimwe hatangwa inama cyangwa icyuho kiganisha ku bunebwe.

Abatuye ibihugu bikoresha Icyongereza bagira umuco wo gukora cyane kandi bakamenyana k’uburyo usanga, mu mico yabo itandukanye, buzuzanya.

Uwavuga ko ari yo mpamvu uyu muryango bawita COMMON WEALTH(Ubukungu busangiwe) ataba agiye cyane kure y’ukuri!

Mu mikorere y’ibihugu bivuga Icyongereza kandi bagira Politiki zagiye ziteza imbere ibyiciro by’imibereho y’abantu bitari bimenyerewe.

Nibo batangije kandi bateza imbere politiki z’uburinganire n’ubwuzuzanye by’ibitsina byombi mu nzego zose z’ubuzima bw’igihugu.

Politiki z’ibi bihugu kandi ziharanira ko isi irushaho kuba nziza binyuze mu kurengera ibidukikije, kudahumanya ikirere n’izindi.

N’ubwo n’ahandi bihaba, ariko abo mu bihugu bikoresha Icyongereza bakunda kumvikana cyane bavuga ko ibunaka badakurikiza amahame ya Demukarasi, bahutaza uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Commonwealth ni umuryango urimo abaturage miliyari 2.5 ni ukuvuga kimwe cya gatatu cy’abatuye isi kuko kugeza ubu bagera kuri miliyari 7 n’imisago.

Uyu muryango muri iki gihe uyoborwa  n’Umwongerezakazi witwa Patricia Scotland.

Biteganyijwe ko Inama y’Inteko rusange y’uyu muryango muri uyu mwaka izabera i Kigali mu Rwanda.

Buri taliki 13, Werurwe, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka akamaro n’ubufatanye bw’abagize Commonwealth .

Mu Rwanda ubu hazamuwe ibendera ry’uyu Muryango.

TAGGED:CommonwealthfeaturedUmunsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Bibye Umuntu Baramuhamagara Bamusaba Ingurane Bituma Bafatwa
Next Article Lt. General Muhoozi Umuhungu Wa Perezida Museveni ‘Yongeye’ Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?