Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Munsi Mpuzamahanga Wo Kwita Ku Mubumbe W’Isi, Israel Yifatanyije N’U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ku Munsi Mpuzamahanga Wo Kwita Ku Mubumbe W’Isi, Israel Yifatanyije N’U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2021 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku isi n’ibiyituye, abanyeshuri biga ibinyabuzima cyane cyane ibimera bo muri Kaminuza y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu basuye Pariki ya Nyungwe kugira ngo basobanurirwe akamaro ka bimwe muri biriya bimera.

Muri rugendo rwabo bari bari kumwe na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Bwana Ron Adam n’abandi baturukanye muri iriya Ambasade ifite icyicaro i Kigali.

Abanyeshuri barenga 25 nibo bifatanyije muri ruriya rugendo.

Urugendo shuri ni ingenzi ku banyeshuri kuko rubongerera ubumenyi, bagashobora kubona ibintu n’amaso yabo kurusha ko babisoma mu bitabo gusa.

Kuba Israel iri gufasha u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije ni ingenzi kuko kiriya gihugu cyateye imbere mu kurinda ko urusobe rw’ibinyabuzima bwacyo kuko n’ubundi igice cyacyo kinini ari ubutayu.

Kimwe cya gatatu cy’ubuso bwayo cyagenewe urusobe rw’ibinyabuzima.

Ambasade ya Israel mu Rwanda ivuga ko kugeza ubu icyo gihugu gifite parike 150 .

Muri 2015 Israel yabarirwaga pariki 81 zirimo inyamaswa n’ahandi hantu nyaburanga 400.

Ibidukikije mu Rwanda birarinzwe…

Leta y’u Rwanda nayo mu rwego rwo kurinda ubutaka bwayo, yihaye umugambi w’uko ubutaka bungana na 30% bugomba kuba buteweho ibiti.

Gutera ibiti mu bice bihanamye birinda inkangu, bikagabanya isuri, ijyana ubutaka bwari busanzwe bufitiye abaturage akamaro kandi bigakurura imvura.

Hamwe mu duce tw’u Rwanda twigeze kuzahazwa no kutagira amashyamba ni akarere ka Bugesera mu Ntara y’i Burasirazuba.

Kubera ko ubutaka bwa kariya gace bwabagamo umuswa, byatumye kateramo ibiti birebire kandi bifite amashami bityo karumagara.

Leta y’u Rwanda yaje gufatanya n’abo ikorana nabo bagatera ibiti bihangana n’umuswa bituma kagira ikirere kiza, kizimo imvura.

Ikindi kiri mu byerekana umuhati wa Leta y’u Rwanda mu gutuma umubumbe w’isi uba mwiza kurushaho ni uburyo yita ku byogogo by’imigezi y’u Rwanda ndetse ko kuba yaraciye kandi n’ubu ikirwanya amashashi.

Abahanga bavuga ko amashashi agira uruhare mu gutuma imyaka itera kuko atuma amazi adacengera mu butaka.

Iyo amazi adacengeye mu butaka bibuza n’ifumbire kugera ku mizi y’ibihingwa ndetse n’amasoko y’amazi ntaboneke kuko amazi aba adashobora kwinjira mu butaka ari menshi.

TAGGED:featuredIbidukikijeIsraelKigaliNyungweRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyabaye Mbere Gato Y’Urupfu Rwa Idriss Deby
Next Article Ubwiyunge Mu Rwanda Bugeze Kuri 94.7 % : Ubushakashatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?