Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuntu Ubana N’Umunywi W’Itabi Arugarijwe!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Umuntu Ubana N’Umunywi W’Itabi Arugarijwe!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2021 8:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubana n’umunywi w’itabi byongerera utarinywa ibyago bingana na 51% byo kurwara cancer yo mu kanwa. Icyari gisanzwe kizwi ni uko byateraga cancer y’ibihaha utarinwa. N’ubwo umuntu ubana n’utarinywa nawe ashobora kuyirwara, ariko ibyago ni byinshi ku muntu ubana n’umuntu unywa itabi kenshi.

Abahanga bo mu ishuri ryigisha ubuvuzi ryo mu Bwongereza ryitwa King’s College London bavuga ko ubushakashatsi bamazemo iminsi bwemeza nta gushidikanya ko kubana mu nzu n’umuntu unywa itabi bishyira mu kaga utarinywa, aka kaga kakaba karimo ni kurwara za cancer.

Bisanzwe bizwi ko abantu banywa itabi ryinshi kandi bakaba bamaze igihe kirekire babikora, bagira ibyago byo kurwara cancer zirimo izo mu kanwa, mu bihaha, mu muhogo, umwijima, igifu n’ahandi.

Ikindi bariya bahanga babonye ni uko n’abanywa itabi bakoresheje inkono yaryo nabo barwara ziriya cancers ndetse bakaba bateza ibyago byo kuzirwara abo babana.

Ubushakashatsi bwari busanzwe bwarerekanye ko kubana n’abanywa itabi bishobora gutera utarinywa kurwara cancer z’ibihaha ariko ni bwo bwa mbere bugaragaje ko bashobora no kurwara izo mu kanwa.

Cancers ziterwa n’itabi zihariye kimwe cya gatanu cya cancers zose zica abantu ku isi.

Abantu bicwa na cancer yo mu kanwa ku isi hose bangana ni 500 000, muri bo 8,300 ni Abongereza.

Mu Rwanda nta mibare yabo iratangazwa.

Ingaruka z’itabi ni nyinshi

Ikinyamakuru kitwa Tobacco Control cyandikwa n’intiti mu buvuzi gisaba abantu babana n’abandi banywa itabi kubagira inama yo kurireka byakwanga bagatandukana.

Abanditsi muri kiriya kinyamakuru bavuga ko ubuzima bw’umuntu buruta icyo aricyo cyose harimo n’urushako.

Batanga urugero rw’uko kubana n’umuntu unywa itabi mu myaka iri hagati ya 10 na 15 bituma uwo muntu agira ibyago byo kurwara cancer yo mu kanwa iri ku rwego ruruta kure cyane umuntu utarigeze anywa itabi na rimwe.

TAGGED:AkanwaCancerfeaturedIbihahaIgifuItabiUmunywi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Abasore Babiri Bakekwaho Gukwirakwiza Amafaranga Y’Amiganano
Next Article U Bushinwa Ntibushaka Gutangwa Ku Mutungo Wa Libya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?